RFL
Kigali

Rihanna yahuye na Perezida w’u Bufaransa n’umufasha we asabira inkunga y’uburezi abanyafurika

Yanditswe na: Fred MASENGESHO
Taliki:27/07/2017 17:07
5


Umuhanzi Rihanna yahuriye i Paris na Perezida w’u Bufaransa,Emmanuel Macron n’umufasha we Brigitte Macron.Uru ruzinduko rwa Rihanna rugamije gusabira imfashanyo umugabane wa Afurika by’umwihariko mu bijyanye n’uburezi.



Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru,Rihanna yasobanuye gahunda afite yo gufasha abanyafrika abinyujije mu burezi,agira ati”Nagiranye ibiganiro by’ingirakamaro na Perezida w’u Bufaransa n’umugore we,twaganiriye ku bijyanye n’uburezi kandi turateganya gutangaza ibyo twemeranyije mu kwezi kwa Nzeli uyu mwaka”.

rihanna

Rihanna ari kumwe na Brigitte Macron

Uyu muhanzikazi yongeyeho ko ateganya kuza muri Afurika mu kwezi gutaha mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uyu mugabane mu bijyanye n’uburezi.Ni nyuma y'aho uyu mukobwa aherutse guhabwa igihembo cya ‘Humanitarian of the Year’ na kaminuza ya Havard mu rwego rwo kumushimira uruhare rwe mu guteza imbere uburezi.

rihanna

rihanna

Src:Dailymail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Hahhh wa Afrika?ariko umuntu aza mu mudugudu umwe akabyitirira Afrika yose?hahhhh ubwo Afrika uzi uko ingana?kandi uburezi bwacu buruta kure uburezi bwabo,uzarebe ko iyo uhagiye utababana uwambere,uzarebe imibare na ubugenge ababikamiritsemo ko atari abanyafurika.sha hari igihe mpatsibihugu itazatugiraho ijambo,maze tukandika ibi byose,umuntu aha icyo kurya umushonji wo muri Afrika akabivuga nkaho agaburira Afrika yose nyamara ubwo miliyoni nyinshi cyane z abanyafurika zirusha gukira miliyoni nyinshi z abo bazungu,utazashyizeho ibyo badusahura,njye mbahaye imyaka itari hejuru ya 40 aba ba rutuku turaba tubarenze
  • Bwenge6 years ago
    Ngo uburezi bwanyu buruta ubwabo? Ibyo uvuze babyita kwikirigita ugaseka nshuti yanjye!!! None se ko abayobozi ba Leta zacu, ari nabo baha ubushobozi ayo mashuri, bose bohereza abana babo kwiga hanze y'iyo Afrika yacu uvuga ko ifite uburezi bukomeye, baba babiterwa n'iki? Ahubwo se wambwira ari bangahe muri abo bayobozi ba Afrika bayizemo kgo twemere ko uburezi bwacu bukomeye kuruta? Ni byiza kandi ni ngombwa gukunda igihugu cyawe, ariko umufana w'impumyi byo biragatsindwa.
  • 6 years ago
    tubashimiye igitekerezo cyanyu mutanze
  • 6 years ago
    tubashimiye kubw'ibitekerezo byanyu
  • Masomaso6 years ago
    N'uko Bwenge unsubirije iyo njiji, uwamunyereka nkarebe uko areba nibura afite ikibazo umwitegereje neza.Ngo tubarusha uburezi?! Ese ubwo yize he ko numva ibyo avuga ari iby'umuntu utarize? Ashobora kuba atazi ko baturusha ubushobozi. Erega bakoze kera, ahubwo tubigane turebe ko hari aho tugera.





Inyarwanda BACKGROUND