Bobi Wine uherutse gutsinda amatora yo guhagararira agace kitwa Kyadondo East azarahira mu cyumweru gitaha kuwa 11 Nyakanga 2017 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Uganda iri mu mujyi wa Kampala
Robert Kyagulanyi Sentamu uzwi nka Bobi Wine agiye guhagararira abaturage ba Kyadondo East mu karere ka Wakiso ari na ko umujyi wa Kampala uherereyemo mu nteko ishinga amategeko mu gihe cy’imyaka ine. Ni nyuma yo gutsinda amatora yabaye mu kwezi gushize,manda ye izarangira muw’2021 ari bwo hazaba amatora rusange arimo n’ay’umukuru w’igihugu.
Bobi Wine ugiye kurahirira kuba umudepite
Bobi Wine ubwo yari arimo kwiyamamaza
Bobi Wine si we muhanzi wa mbere utorewe kuba umudepite muri afrika y'Uburasirazuba kuko Professor Jay mu gihugu cya Tanzaniya na we yatorewe uyu mwanya ndetse na Jaguar wo mu gihugu cya Kenya akaba arimo kwiyamamaza.
TANGA IGITECYEREZO