RFL
Kigali

Abafana n’abakinnyi ba APR FC basezeye kuri Rusheshangoga uzakinira Singida umwaka utaha-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:5/07/2017 7:29
2


Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Nyakanga 2017 ubwo myugariro Rusheshangoga Michel yakinaga umukino we wa nyuma muri APR FC, batwaye igikombe nyuma abafana bibumbiye mu Intare Fan Club bamushikiriza impano bamugeneye bamushimira ndetse banamubwira amagambo yo kumugaragariza ko yahaciye gitwari.



Mu gihe cy’imyaka ibiri uyu musore yari amaze mu ikipe ya APR FC ari umukinnyi ushingirwaho mu kugarira ntiyigeze agira ibihe bibi ngo wenda abe yabura umwanya wo gukina. Mu mpera z’uyu mwaka w’imikino afashoje ikipe ya APR FC gutwara igikombe cya shampiyona ndetse ikaba izasohoka mu mikino Nyafurika batari kunmwe.

Nyuma y’umukino uyu musore yavuze ko uyu mwaka wabagoye cyane nk’ikipe ya APR FC kuko byagiye bibagora kubona intsinzi ndetse n’igikombe cya shampiyona bakakibura. Gusa ngo arishimye kuba batwaye igikombe cy’Amahoro.

“Ndishimye cyane kuko navuga ko uyu mwaka wari udukomereye cyane nka APR FC. Njyewe nageze aho niheba mvuga ko nta gikombe tuzatwatra uyu mwaka ariko birabaye turagitwaye. Nashimira abakinnyi bagenzi banjye twafatanyije, abatoza n’abayobozi bacu”. Rusheshangoga Michel.

Rusheshangoga ugiye muri Singida United mu cyiciro cya mbere muri Tanzania azaba akinana na Usengimana Danny wari rutahizamu wa Police FC wamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri (2).

Rusheshangoga Michel ku ifoto yari yakorewe n'itsinda ry'abafana "Intare za APR FC"

Rusheshangoga Michel ku ifoto yari yakorewe n'itsinda ry'abafana "Intare za APR FC"

Abakinnyi ba APR FC bishimira impano Rusheshangoga Michel yahawe n'abafana

Abakinnyi ba APR FC bishimira impano Rusheshangoga Michel yahawe n'abafana

Amagambo yanditse ku mpano abafana "Intare za APR FC" bahaye Rusheshangoga Michel

Amagambo yanditse ku mpano abafana "Intare za APR FC" bahaye Rusheshangoga Michel

Rusheshangoga Michel yasezewe bya kigabo

Rusheshangoga Michel yasezewe bya kigabo

Abakinnyi bamunaga ibicu

Abakinnyi bamunaga ibicu

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC nawe abakinnyi bamurishije umunyenga

Jimmy Mulisa umutoza mukuru wa APR FC nawe abakinnyi bamurishije umunyenga

Rusheshangoga Michel aganira na Azam TV

Rusheshangoga Michel aganira na Azam TV

Abafana ba APR FC bari bitwaje ubutumwa bwo gusezera kuri Rusheshangoga Michel

Abafana ba APR FC bari bitwaje ubutumwa bwo gusezera kuri Rusheshangoga Michel

Abakinnyi ba APR FC bishimira igikombe

Abakinnyi ba APR FC bishimira igikombe

Rusheshangoga Michel mbere gato ko umukino utangira

Rusheshangoga Michel mbere gato ko umukino utangira

Rusheshangoga Michel

Rusheshangoga Michel yamaze kuba umukinnyi mpuzamahanga wujuje ibyangombwa

Igitego cya Issa Bigirimana cyishimirwa

Igikombe APR FC yatwaye ubwo cyari kigeze ku kibuga

Igikombe APR FC yatwaye ubwo cyari kigeze ku kibuga

Ibyishimo ku bakinnyi ba APR FC

Ibyishimo ku bakinnyi ba APR FC

Igikombe cy'Amahoro 2017

Igikombe cy'Amahoro 2017

Abakinnyi ba Espoir FC bakomera APR FC amashyi

Abakinnyi ba Espoir FC bakomera APR FC amashyi

Rusheshangoga Michel yegera Nzamwita Vincent de Gaule perezida wa FERWAFA ngo amuha umudali

Rusheshangoga Michel yegera Nzamwita Vincent de Gaule perezida wa FERWAFA ngo amuha umudali

APR FC  izakina imikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe by'igihugu (Africa Total CAF  Confederations Cup)

APR FC n'igikombe batsindiye kigeretseho miliyoni icumi z'amafaranga y'u Rwanda (10.000.000 FRW)

Rusheshangoga Michel yishimira umudali

Rusheshangoga Michel yishimira umudali

AMAFOTO: Saddam MIHIGO/INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jam6 years ago
    Harya gashenzi bayihaye angaye itwaye shampiyona?
  • rush6 years ago
    mn twqkwemereg kbs





Inyarwanda BACKGROUND