RFL
Kigali

KIGALI: Morgan Hertage baherutse gutwara Grammy Awards bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru- AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:2/07/2017 9:40
2


Itsinda ry’abanyamuziki bubatse amateka akomeye ku Isi, Morgan Heritage ryageze mu Rwanda aho ritegerejwe kuririmba mu gitaramo cya Rwanda Fiesta, mbere yuko bataramira abanyarwanda aba bahanzi bakoranye ikiganiro n’itangazamakuru.



Muri iki kiganiro n’abanyamakuru aba bahanzi babwiye abanyamakuru ko bashimishijwe bikomeye n’isuku iri mu mujyi wa Kigali ubundi bongeraho ko bishimiye kuza mu Rwanda ku nshuro yabo ya mbere aho batangaje ko basanze u Rwanda ari igihugu cyiza kandi gishimishije gusura.

Aba bahanzi muri iki kiganiro icyari kigamijwe ni ukwibwira abanyamakuru no kubasobanurira byinshi kuri iri tsinda, ikindi ni ukwibutsa abanyamakuru ko iri tsinda rigizwe n'abahanzi batanu ubusanzwe gusa bakaba baraje ari batatu ku mpamvu zitabaturutseho ariko nanone ko batashoboraga kwica gahunda y’uwabatumiye.

Morgan HertageMorgan Hertage ku meza n'uwabatumiye muri Rwanda Fiesta bumva ibibazo by'abanyamakuru

Muri iki kiganiro babajijwe niba hari byibuza umuhanzi w’umunyarwanda n’umwe bazi maze aba basubiza ko nta n'umwe, umunyamakuru wari ubajije icyo kibazo yungamo ati “na Natty Dread?” nabo bungamo bati “Natty Dread ni inde?” aha bashakaga kumvikanisha ko nawe batamuzi mu gihe uwabazaga ikibazo yakekaga ko baba bazi Natty Dread ukunda guhamya ko yabanye na Bob marley.

Iri tsinda ryaherukaga kwegukana igihembo gikomeye cya Grammy Awards 2016 mu cyiciro cya ‘Best Reggae Album’, kubera iyo bakoze muri 2015 yitwa ‘Strictly Roots’, igihembo begukanye bari bahatanye n’abandi bahanzi bakomeye barimo Barrington Levy, Jah Cure, Luciano n’uwitwa Rocky Dawuni.

Morgan Heritage igiye kuririmbira bwa mbere mu Rwanda izataramira kuri Golden Tulip mu Mujyi wa Nyamata kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Nyakanga 2017, kwinjira ni amafaranga 10,000 mu myanya isanzwe ndetse na 25,000 y’u Rwanda mu myanya y’icyubahiro.

Morgan HertageAbanyamakuru nubwo batari benshi ariko bitabiriyeMorgan HertageMorgan Hertage basubiza ibibazo by'abanyamakuru 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Ariko bs nyamakuru rwose icyo kibazo ngo bazi abahanzi nyarwanda mujye mukireka kuko singombwa na gato.nanjye aba simbazi nibwo nababona rero iyo umuntu ahugiye mubye ntiyi kubyabandi,ntago uje wese yamenya abanyarwanda natwe kandi ntitwamenya uje wese
  • Kiki6 years ago
    Rwose wamugani icyokibazo bazakireke gisigaye cyarabaye5 nkicyubujajwa, urebye nukuntu abanyamakuru bakibaza wagirango nicyaha kutagira umuhanzi cg umukinyi numwe wino bamenya. Nonese nihame kobobamenya aba journaliste bose bokwisi? Icyokibazo rwose muzakireke, wendamuzajye mubabazuko babona music industry yino gusa





Inyarwanda BACKGROUND