RFL
Kigali

Instagram mu kugerageza uburyo bushya buzatuma abayikoresha barushaho kwisanzura

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:28/06/2017 13:21
0


Ubuyobozi bwa Instagram burimo buragerageza uburyo bushya bwo kuba abayikoresha babasha gukumira umubare w’abantu bashobora kureba amafoto cyangwa ibindi bitandukanye bahanyuza.



Ubu buryo bwiswe ‘Favorites’, buzajya butuma umuntu ukoresha Instagram abasha guhitamo urutonde rw’abantu runaka atoranije mu bamukurikirana maze akaba aribo gusa asangiza ibyo yifuza gushyiraho(share).

Abakoresha imbuga nkoranyambaga by’umwihariko bamwe b’ibyamamare badakunda gusangiza buri wese ubonetse ubuzima bwite bwabo, ubu buryo bushobora kuba igisubizo kuri bo, bityo bakaba babasha gushyiraho(kuri Instagram) amafoto n’ibindi byinshi bifuza kuko bazaba babasha kugenzura abakwiye kubibona n’abadakwiye kubibona.

'Favorites' lets users create a list of followers to share content with, which will be labeled with a green badge at the top – letting both parties know it was only shared with a select few. Also has a  'star' tabbed option on the profile to quickly take a look at all 'Favorite' posts

Hamwe n'ubu buryo ni gutya abantu wahisemo bazajya bagaragara mu nyenyeri iri mu ibara ry'icyatsi, ibi ukazajya ubikora mbere yo gushyira hanze(share)ifoto cyangwa ikindi

Kugeza ubu Instagram yafashe umubare w’abantu bake irimo ikoreraho igeragezwa ry’ubu buryo, ariko ntabwo ubuyobozi bwa yo buratangaza niba ubu buryo buzagera ku bantu bose n’igihe buzatangira gukoresherezwa.

Mbere y’ubu buryo bushya, ubu abakoresha Instagram bashobora kugenzura ukwiye kureba cyangwa udakwiye kureba ubutumwa bwabo bifashishije konti yitwa 'Finstagrams', idashyira ibintu byose kukarubanda ndetse ikaba yemera kwakira gusa inshuti za hafi.

SRC: Dailymail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND