RFL
Kigali

Kuri iki Cyumweru Perezida Kagame araba ari muri studio za Televiziyo na Radiyo Rwanda, dore uko wamugezaho ikibazo ufite

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:24/06/2017 23:27
3


Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame araba ari muri studio za Radiyo Rwanda na Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2017 kuva isaa cyenda z’amanywa.



Arthur Asiimwe umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (Rwanda Broadcasting Agency) ari yo RBA mu magambo ahinnye, yatangaje ko RBA yishimiye kwakira umukuru w’igihugu Paul Kagame mu kiganiro bamutumiyemo. Yavuze ko Perezida Kagame ari bube ari muri studio za RBA kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2017 mu kiganiro azanasubirizamo ibibazo by’abaturage bazakurikira ikiganiro.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Arthur Asiimwe yakomeje avuga ko muri uwo mwanya ubwo Perezida Paul Kagame azaba ari muri studio za RBA, bazafungura umurongo wa telefone,kugira ngo abakurikiye Radiyo & Televiziyo Rwanda, bashaka kugira icyo baganira na Perezida Paul Kagame yaba ikibazo cyangwa ikindi gitekerezo, babashe kuvugana. Ikindi nuko imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Twitter n’izindi nazo zizifashishwa. Yasabye abafite ibibazo kubyohereza bakoresheje Hashtag ya #RBAHostsKagame. Perezida Kagame yaherukaga gutanga ikiganiro kuri Radiyo yo mu Rwanda, mu mwaka wa 2011,icyo gihe akaba yaragitanze kuri Contact Fm.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • UWINEZA KAYUMBA ISALINE6 years ago
    nibyiza rwose ikiganiro turagikurikira cyane
  • Ruremereza valens 6 years ago
    nyakubahwa kuba waremeye kongera kwiyamamaza ngo ukomeze utuyobore ! twarabyishimiye kandi nukuri turiteguye tuzagushyigikira pe !
  • migambi eric6 years ago
    Muraho tunejejwe nuko mwatumiye umubyeyi ariko mudufashe ngewe ndavugira abanyeshuli bagera ku 1500 bigaga muri kaminuza ya Gitwe bahagarikiwe kwiga na HEC ivugako iyo kaminuza itujuje ibyangombwa none ubu HEC yemezako ibyo basabwe byujujwe icyo bakeneye ari uguhindura governance ya kaminuza none twe turi mugihirahiro.mudutabarize mutuvugire ikibazo cyacu.murakoze





Inyarwanda BACKGROUND