Ikipe ya AS Kigali ikomeje urugendo rwo kuba ikipe ya mbere imaze kugura abakinnyi besnhi mbere yuko umwaka w’imikino 2017-2018 itangira, nyuma y’amasaha atageze kuri 24 yasinyishije Ndarusange Jean Claude yakuye mu gihugu cy’u Burundi.
Ndarusange ni rutahizamu wakiniraga LLB Academic FC iri mu cyiciro cya mbere i Burundi. Ku myaka 29 uyu musore yasinye imyaka ibiri (2) azamara akinira AS Kigali. Ndarusanze ageze muri AS Kigali asanga Ngandu Omar wavuye muri APR FC, Ishimwe Kevin wari uwa Pepinieres FC, Laudit Mavugo bakuye muri Simba SC ndetse na Ngama Emmanuel bamaze gusinya amasezerano y'imyaka ibiri buri umwe.
Ndarusanze Jean Claude ashyira umukono ku masezerano
Nshimiye Joseph ushinzwe guhuza ibikorwa muri AS Kigali (Team Manager) asinya amasezerano ya Ndarusanze Jean Claude
Nshimiye Joseph ushinzwe guhuza ibikorwa muri AS Kigali (Team Manager/Ubanza ibumoso), Ndarusanze Jean Claude (hagati) na Eric Nshimiyimana (iburyo) umutoza mukuru wa AS Kigali
Ndarusanze Jean Claude mu mwambaro wa AS Kigali Men Football Club
Kuva mu 2013 Ndarusanze Jean Claude yakinnye imikino 15 mu ikipe y'igihugu y'u Burundi akaba amaze kuyitsindira ibitego bibiri (2)
TANGA IGITECYEREZO