RFL
Kigali

MTN Foundation yahaye inkunga ya mudasobwa 24 ikigo cy’amashuli cya Butete-AMAFOTO

Yanditswe na: Ihorindeba Lewis
Taliki:21/04/2017 19:42
0


Mu nshingano sosiyete y’itumanaho MTN yihaye zo gufasha igendeye kuri gahunda ya Leta,yatanze mudasobwa 24 na interineti y’amezi atatu ku kigo cya Groupe Scolaire Butete cyo mu karere ka Burera.



Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Mata 2017 ni bwo umuyobozi wa MTN Foundation n’abandi bakozi ba MTN bari i Butete mu karere ka Burera mu gikorwa cyo gushyikiriza mudasobwa 24 zo mu bwoko bwa Laptop urwunge rw’amashuri rwa Butete.

Iki gikorwa MTN yagikoze ibinyujije mu nshingano yihaye zo kubika ifaranga rimwe ku ijana mu byo yinjije kugira ngo akoreshwe mu guteza imbere abaturarwanda ari nabo bakiriya bayo. Urwunge rw’amashuri rwa Butete ni ikigo cya 26 mu turere 26 gihawe iyi nkunga na MTN binyuze muri MTN Foundation ndetse bakaba bafite intego yo kugera mu turere twose tw’igihugu uko ari mirongo itatu.

Mukarurega Zulfat,umuyobozi wa MTN Foundation aganira na Inyarwanda.com yavuze ko ibikorwa nk’ibi bitazahagarara igihe cyose MTN ikorera mu Rwanda kandi ko atari ugutanga mudasobwa mu banyeshuri gusa kuko kugeza ubu MTN Foundation irihira abanyeshuri ijana mu mashuri yisumbuye,ikaba yaravuje abana ibihumbi bibiri bavukanye ibibari ndetse ikaba yaratanze mudasobwa ijana zo mu bwoko bwa laptop ku bayobozi b’utugali ijana batari bazifite. Ikindi ni uko yatanze ingufu z’amashanyarazi(Panneaux solaire)ku baturage magana ane bo mu karere ka Nyaruguru.

MTN foundation

Abashyitsi bakuru bahagera

MTN foundation

MTN foundation

Bakiriwe n'itorero ry'urwunge rw'amashuri rwa Butete

MTN foundation

 MTN foundation

Umuyobozi w'urwunge rw'amashuri rwa Butete Rugwizangoga Jean Baptiste atanga ikaze ku bashyitsi

MTN foundation

MTN foundation

Umuyobozi w'akarere ka Burera Uwambajemariya Florence mu ijambo rye yashimiye MTN kuba bahisemo Burera

MTN foundation

Kayitare David (umukozi wa MTN) asobanura ibijyanye n'iki gikorwa

MTN foundation

MTN foundation

Mukarurega Zulfat umuyobozi wa MTN Foundation

MTN foundation

Umuyobozi w'intara y'amajyaruguru Musabyimana Jean Claude nawe wize kuri iki kigo yasobanuriye aba banyeshuri uburyo mu gihe cye byari bigoye anabashishikariza kudapfusha ubusa aya mahirwe babonye

MTN foundation

MTN foundation

MTN foundation

Padiri Longine uyobora paruwasi ya Butete nawe yari yitabiriye uwo muhango

MTN foundation

MTN foundation

MTN foundation

Abahagarariye inzego z'umutekano nabo bari bitabiriye uwo muhango

MTN foundation

MTN foundation

Abakozi ba MTN,abayobozi ndetse n'abanyeshuri b'urwunge rw'amashuri rwa Butete bafatana ifoto

MTN foundation

MTN foundation

Izi nizo mudasobwa zahawe abanyeshuri

MTN foundation

Amafoto:Ihorindeba Lewis






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND