RFL
Kigali

Umuyobozi mukuru w'uruganda rwa Apple yatangaje ko ari umutinganyi kandi ko abifata nk'impano Imana yamuhaye

Yanditswe na: Robert Musafiri
Taliki:30/10/2014 18:55
15


Hirya no hino mu binyamakuru bitandukanye hari gucicikana inkuru yabaye kimomo ivuga uburyo umuyobozi mukuru w’uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple yatangaje ko atwe ishema no kuba umutinganyi.



Ibi, Tim Cook usanzwe ari umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Apple yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Business Week aho yatangaje ko nyuma y’igihe kinini abantu benshi batabizi adatewe ipfunwe no kuba ari umutinganyi kandi ko amaze igihe kini ariwe ndetse ko ari nako yavutse.

Mu byo abantu benshi bise kuvuga ibimurimo, Tim Cook yagize ati:”Kubera akazi nkora nagerageje kutavuga byinshi ku buzima bwanjye bwite.Sinshaka kwibonekeza.Apple ni ikigo gikurikiranwa n’abantu benshi ku isi kubera ibyiza dukora.Nk’uko Dr.Martin Luther King yabivuze ikintu cya mbere mu buzima ni icyo umarira abandi.Bityo rero nasanze ukuri nari maze igihe kinini mbitse hari byinshi kwambuzaga gukorera abandi ari nayo mpamvu uyu munsi niyemeje kuvuga ukuri kwanjye.”

Tim Cook

Tim Cook avuga ko kuba ari umutinganyi abishimira Imana

Tim Cook yavuze ko atigeze ahisha na rimwe abantu be ba hafi ko ari umutinganyi ndetse ko n’abantu benshi bakorana mu ruganda rwa Apple babizi kandi babifata nk’ibisanzwe dore ko abyishimira ndetse bikamutera ishema ku buryo abifata nk’impano Imana yamuhaye.

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko kuba atangaje ku mugaragaro ko ari umutinganyi abizi neza ko biri buteze impaka mu bantu benshi ariko akishimira ko igihugu cye cya Leta zunze ubumwe za Amerika cyabyoroheje kuko gitanga uburenganzira ku bantu baryamana bafite ibitsina bisa.

Tim Cook

Tim Cook, umuyobozi mukuru w'uruganda rwa Apple

Tim Cook yavuze ko kuba ari umutinganyi bitazamubuza kuba umuyobozi mwiza w’uruganda rukomeye rwa Apple ndetse no guharanira icyateza imbere uru ruganda ndetse n’abakozi barwo nk’uko yabiharaniye kuva cyera.

Twabibitsa ko uruganda rwa Apple ruzwi cyane ku bikoresho by'ikoranabuhanga rihanitse nka telefone zo mu bwoko bwa iphone,ipad,ipod,Macbook,ndetse n'ibindi akaba yarasimbuye kuri uyu mwanya nyakwigendera Steve Jobs.

Ese ibi ntibizatuma hari abantu banga kugura ibikoresho by'uru ruganda?

Robert N Musafiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 9 years ago
    fuck you man
  • 9 years ago
    ibyo nibintu umuntu atangaza ibyo sibyo
  • umufabns9 years ago
    ni ibisanzwe kandi ni uburenganzira bwe
  • sano 9 years ago
    yeah ibindabikunze ntampamvu yogukomeza guhisha uwuriwe mugihe ntaw usaba erega nabo nabantu nkabandi
  • 9 years ago
    umutinganyi se ni iki? musobanure iri jambo sindyumva
  • Shane9 years ago
    Ndakwishimiye kabisa
  • Shane9 years ago
    Awesome, proud of you.
  • eliane9 years ago
    nimwidagadure mushimishe sobuja Satani mwese abashyigikiye uriya mugabo babakora nkibyo akora kuko iminsi musigaranye nimike mugakongoka this is what you deserve you evil. murimo kuduhumanyiriza isi nibyiza nimubikorane imbaraga nyinshi kuko mugiye gushyana na Sobuja Satani natwe twiteguye kuzabakandagirira munsi yibirenge byacu.
  • Noel Ndoriyobijya9 years ago
    mwiriwe! murakoze gusa birababaje nukuri. Yuri mubihe byanyuma bigaragara mibyahishuwe. nshuti mibyirinde nkibyo kuko byose buried mungaruka zibyaha birikugwira ku isi.
  • Desire9 years ago
    nihatari
  • 9 years ago
    Yuzuye imyuka mibi y,abadayimoni................ koma shetani
  • 8 years ago
    Nyine turi mu gihe gisoza amateka y'isi ncuti.
  • patrick7 years ago
    birababaje ariko afite impamvu abkora ni nyugu akuramo
  • rutaboba patrick7 years ago
    buri muntu agira impamvu yiwe buriya nibyo yahisemo
  • 7 years ago
    arko uziko abantu dusigaye dusazwa n isi,nihehe imana yanditse ko umugabo yabana namugenzi we bagakora imibonano muzabyombi.thats being crazy wakeup rwandans





Inyarwanda BACKGROUND