RFL
Kigali

Suwede: Umugore yatawe muri yombi azira kubohera umuhungu we mu nzu imyaka 28

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:2/12/2020 10:42
0


Kuri uyu wa Kabiri, polisi yo muri Suwede yavuze ko yataye muri yombi umugore ukekwaho gufata umuhungu we akamubohera mu nzu mu myaka myinshi, amakuru avuga ko basanze uyu muhungu afite imirire mibi, asa nabi ndetse nta menyo agifite.



Umuvugizi wa polisi, Ola Osterling, yatangaje ko uyu muhungu "yari amaze igihe kinini afunzwe" mu nzu iri mu Majyepfo y’umujyi wa Stockholm ariko yanga kugira byinshi avuga, yari amaze imyaka 28 afunzwe. Abaturanyi bavuze ko batigeze bamubona , kuri ubu ufite imyaka 41.

Tove Boman, umusore w'imyaka 24 utuye mu nyubako yegeranye n’iyo uyu musore yari afungiyemo yavuze ko yabonaga nyina gusa. Ati: “Nakuriye hano ku buryo namye nzi uwo mugore gusa ariko na we nabonaga ari umunyamahanga gusa.

Ibinyamakuru Expressen na Aftonbladet byatangaje ko uyu mugore yakuye umuhungu we ku ishuri afite imyaka 12, ahita amufungirana kuva ubwo aba mu nzu.

Expressen yatangaje ko mwene wabo utaravuzwe izina ari we wabonye uyu muhungu ku cyumweru nyuma yuko nyina ajyanwa mu bitaro.

Raporo zigaragaza ko uyu muhungu yari afite ibisebe byinshi ku maguru ku buryo atabasha kugenda, nta menyo yari agifite ku kanwa bigatuma atabasha kuvuga neza ndetse yabaga mu nkari, mu mwanda n’umukungugu mwinshi.

Abaturanyi bagaragaje ko batunguwe nuko uyu muhungu yahishwe igihe kingana gutya, Kenth Svedberg yavuze ko yumvaga impumuro mbi iva mu nzu ariko ati "nta kintu natekerezaga rwose, igiteye ubwoba ni igihe bimaze".

Polisi ivuga ko bategereje ko uyu muhungu na nyina warwaye bitunguranye akajya mu bitaro bakira noneho bakavuga uko byagenze.

Src: AFP 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND