RFL
Kigali

APR FC yatsinze Gor Mahia mu mukino ubanza muri CAF Champions League

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:28/11/2020 15:25
3


Mu mukino ubanza mu ijonjora rya CAF Champions League, wabereye i Nyamirambo mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 28/11/2020, APR FC yabonyemo amahirwe menshi yo gutsinda ibitego byinshi, warangiye ibonye amanota 3 nyuma yo gutsinda Gormahia 2-1.



InyaRwanda.com twaguteguriye uko uyu mukino wagenze umunota ku wundi. Urawukurikira uhereye ku munora wa nyuma warangiriyeho kugeza ku munota wa mbere ubwo watangiraga. Hagati aho twabibutsa ko umukino wo kwishyura uteganyijwe mu cyumweru gitaha mu gihugu cya Kenya tariki ya 05 Ukuboza 2020 i Kasarani.

UKO UMUKINO WA APR FC VS GOR MAHIA WAGENZE


Iminota 90 y'umukino yarangiye ku ntsinzi ya APR FC y'ibitego 2-1

Umusifuzi yongeyeho iminota itatu y'inyongera.

Yannick Bizimana yahushije igitego cyabazwe ku munota wa 90' ku mupira mwiza yari ahawe na Byiringiro Lague, ariko umunyezamu Boniface arasimbuka umupira awushyira muri Corner

Adil wa APR FC yongeye gukora impinduka ashyira mu kibuga Ishimwe Anicet, Djabel asohoka mu kibuga.

Gusimbuza ku ruhande rwa Gormahia ku munota wa 78' Kelvin Wesonga yinjiye mu kibuga asimbuye Samuel Ouma

Habonetse Corner ya APR FC ku munota wa 72 ku kazi gakomeye gakozwe na Byiringiro Lague

Tito Okello yasohotse mu kibuga hinjira Nicolas Kipkiru ku ruhande rwa Gor Mahia

Ruboneka Jean Bosco yasimbuye Bukuru Christophe kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati

Ku munota wa 62' Jacques Tuyisenge yateye umutwe ukomeye cyane ugarurwa n'igiti cy'izamu. Ni igitego cyari cyabazwe.

Goooooal! APR FC yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 60' ku gitego cyitsinzwe na Myugariro Charles Momanyi ku mupira wari uhinduwe na Ombolenga Fitina

APR FC yahushije igitego cya Kabiri ku kazi kakozwe na Jacques Tuyisenge ariko Djabel ateye umupira ukomeye uca hejuru

Umutoza Adil Mohamed wa APR FC yahise akora izindi mpinduka, yinjiza mu kibuga rutahizamu Jacques Tuyisenge asimbura Danny Usengimana

Umutoza wa Gor Mahia yakoze impinduka avana mu kibuga Bertrand Konfor ashyiramo rutahizamu Criffton Miheso

Igice cya Kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa APR FC, aho umutoza Adil Mohamed yakuyemo Myugariro Buregeya Prince ashyiramo rutahizamu Byiringiro Lague

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 1-1.

Umusifuzi yongeyeho umunota umwe ku minota 45 y'igice cya mbere

Ku munota wa 42 Djabel yakorewe ikosa ryashoboraga kuvamo igitego cya kabiri. Ombolenga Fitina yateye Coup Franc umupira uca hejuru y'izamu.

Ku munota wa 40' Gor Mahia yabonye coup Franc yashoboraga kuvamo igitego ku ikosa ryari rikorewe Tito Okello ariko birangira kitabonetse kuko yatewe na Muguna umupira ugaca hejuru y'izamu rya Rwabugiri.

Nyuma yo kwishyura igitego, abakinnyi ba Gor Mahia bakomeje gushakisha uburyo bwose batsinda igitego cya Kabiri binyuze kuri Tito Okello na Kenneth Muguna

Ku munota wa 28' Gor Mahia yishyuye igitego ku mupira w'umuterekano watewe na kapiteni Kenneth Muguna wijyana mu izamu nta mukinnyi uwukozeho

Ku munota wa 25' APR FC yabonye Coup Franc ku ikosa ryakorewe Niyonzima Olivier Sefu ku ruhande rw'iburyo rwa Gormahia bikaba ibumoso kuri APR FC

Ku munota wa 20' Tito Okello yazamukanye umupira mu rubuga rw'amahina rwa APR FC, awuhinduye Manzi Thierry awukuraho.

Ku munota wa 18' Imanishimwe Djabel yateye ishoti rikomeye mu izamu ku mupira muremure wari uhinduwe na Mutsinzi Ange ariko umunyezamu wa Gor Mahia Arawuryamira

Ku munota wa 9': Goooool! Sefu yafunguye amazamu atsinda igitego cya mbere cya APR FC ku mupira w'umuterekano watewe na Djabel ugarukira Sefu ahita asongamo yinjiza igitego cya mbere cya APR.

Ku munota wa 9' Charles Momanyi yahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukinira nabi Imanishimwe Emmanuel

Umupira watangijwe n'abakinnyi ba Gor Mahia batatojwe n'umutoza mukuru wabo Robertinho kubera ibyangombwa.

Mbere y'umukino habanjwe gufatwa umunota umwe wo kwibuka Diego Maradona umunyabigwi muri ruhago witabye Imana ku wa Gatatu w'iki cyumweru.

Uyu mukino watangiye saa Cyenda zuzuye ku isaha ya Kigali (15h00') uyoborwa n'umusifuzi ukomoka muri Djibouti, Suleiman Ahmed, afatanyije n'abandi banya-Djibouti bari ku mpande, mu gihe Umurundi Jean Claude Niyongabo ari we Komiseri w'umukino. Intego ya APR FC muri uyu mwaka mu mikino Nyafurika, ni ukurenga imikino y'amajonjora ikagera mu matsinda.

Abakinnyi ba Gor Mahia FC babanje mu kibuga

Umutoza Sammy Omollo yitabaje:


Boniface Oluoch

Geoffrey Ochieng

Philemon Otieno

Andrew Juma

Charles Momanyi

Bernard Ondiek

Ernest Wendo

Kenneth Muguna (c)

Bertrand Konfor

Tito Okello

Samuel Onyango

Abakinnyi ba APR FC babanza mu kibuga

Umutoza Adil Mohammed wa APR FC yitabaje:


Rwabugiri Umar

Omborenga Fitina

Imanishimwe Emmanuel

Manzi Thierry (c)

Buregeya Prince

Mutsinzi Ange

Niyonzima Olivier Seif

Bukuru Christophe

Manishimwe Djabel

Usengimana Danny

Bizimana Yannick


APR FC yatsinze Gor Mahia ibitego 2:1


APR FC yakiriye Gormahia mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye i Nyamirambo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NKUNZIMANA3 years ago
    A P R YAKOZE UMUTI TURAYEMERA
  • Sadiki nsengiyaremye3 years ago
    Apr oyeeeee!!!! Turashimira uburyo APR yitwaye mumukino ubanza.turifuzako umukino wo kwishyura abakinyi bazabidufashamo bakitwara neza .murakoze
  • Baptiste3 years ago
    Yew Gormahia izayikuramo





Inyarwanda BACKGROUND