RFL
Kigali

Uko uhuza ibiganza byawe byombi bivuze byinshi ku miterere yawe

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:23/11/2020 13:38
0


Abahanga bavuga ko imvugo y’umubiri ishobora guhishura amakuru y’ingirakamaro ku miterere y’umuntu.



Ese ni gute wifata iyo uhuje ibiganza byawe byombi ?

Kugira ngo umenye imiterere yawe neza, subiza iki kibazo utabanje kureba ku bisubizo biri hasi ahubwo ubanze umenye neza uko wifata mu gihe uri guhuza ibiganza byawe uraza kubona ubusobanuro bwabyo ari nabyo biza guhura n’imiterere yawe.

1.Iyo uhuje ibiganza byawe byombi, igikumwe cy’ibumoso kijya hejuru


Niba umenyereye guhuza ibiganza byawe noneho igikumwe cy’ibumoso kikajya hejuru, bisobanuye ko uri umuntu utekereza. Mu by'ukuri, ntushobora gufata ibyemezo byihuse kandi uhitamo kwibaza ibibazo bikwiye mbere yo gufata ingamba, utinya cyane gukora amakosa no guhura n’uwakunegura bigatuma wigengesera mu byo ukora. 

Amahirwe yawe, uri mwiza rwose mu kumenya niba umuntu akubeshya cyane cyane ko buri gihe ufata umwanya uhagije wo gusesengura imyitwarire n'ibitekerezo bya buri wese, byongeye kandi, uri inshuti yizerwa kandi ukora ibishoboka byose kugira ngo uhe abandi inama nziza.

2. Iyo uhuje ibiganza byawe byombi, igikumwe cy’iburyo kijya hejuru


Niba uhuza ibiganza byawe igikumwe cy’iburyo kikajya hejuru bivuze ko ushishoza cyane, ushobora gusoma ibitekerezo by’abandi ukanasesengura amarangamutima yabo ariko ntubibagaragarize. Hamwe n’ubu bushobozi, ubasha gutakariza umuntu icyizere kandi ugakomeza umubano wawe na we kandi waramaze kumutakariza icyizere. 

Byongeye kandi, ufite umutima munini ugufasha gutanga no gutega amatwi abandi n’iyo ari babi. Uri umujyanama mwiza cyane, ufite ubuhanga bwo guhumuriza abantu no kubafasha kubona uruhande rwiza. Mu by'ukuri, ufite imico myinshi igutera imbaraga ku bari hafi yawe.

3. Iyo uhuje ibiganza byawe byombi, ibikumwe byawe biba bigororotse


Niba uhuza ibiganza byawe noneho ibikumwe byombi bikaba bigororotse, byerekana ko ureba kure. Uri umuntu utunganye, uharanira kugera ku ntego zawe ku gihe. Rero, niyo urwego rwawe bwite rimwe na rimwe ruba hejuru cyane, ntushobora kwishyiriraho imipaka. Ariko ushobora gukurura amaganya akomeye imbere ashobora guhindurwa imbaraga z’uruhande rwawe,. Wiga uburyo bwiza bwo gukoresha ubuhanga bwawe busanzwe bwo kuyobora.ubanza gutekereza neza mbere yo kuvuga amagambo akomeretsa.

 Src: santeplusmag.com

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND