RFL
Kigali

Ubushakashatsi buvuga ko abagabo batesha umutwe abagore babo kuruta uko abana babikora

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:18/11/2020 14:14
1


Guhinduka ababyeyi buri gihe ni ibintu biba ari byiza cyane ku mpande zombi gusa nanone iyo umuntu wa gatatu aje mu mubano wanyu usanga bisaba ko yitabwaho cyane ari naho hazamo kutumvikana.



Gérard Bonnet, umuhanga mu by'imitekerereze ya muntu, abona ko "ukuza k'umwana ari ikizamini ku bashakanye". Uyu munyamuryango mushya arasabwa kwitabwaho buri gihe, ariko iyo umwana amaze kuvuka, nyina yisanga afite ibibazo byinshi asabwa kwita ku mwana no kwita ku mugabo.

Ubushakashatsi bugaragaza ko umugore ahatirwa gufata inshingano nyinshi icyarimwe zirimo kumenya urugo, nyina w'umuryango, 'Chef', umurezi, umukozi no kuba umugore. N'ubwo bigaragara ko adatsindwa, umugore aracyari umuntu ushobora kumenya ibihe bye by'intege nke.

Kugira ngo hamenyekane impamvu nyamukuru ababyeyi b’abagore bahorana umunaniro ukabije, ubushakashatsi bwakozwe n'ikinyamakuru Le magazine today bwafashe abagore 7,000. Mu babajijwe, 46% bavuze ko abagabo babo ari bo soko nyamukuru yo guhangayika kwabo kuruta abana.

Byongeye kandi, 20% by'abagore basobanuye ko guhangayika kwabo ahanini biterwa n’uko abagabo babo batabafasha buri munsi. Nanone, 75% by'ababajijwe bagaragaje ko basabwa gukora imirimo yo kurera ndetse n’iyo mu rugo bigatuma bababirwa cyane. Umwe mu bitabiriye ubushakashatsi yagize ati:“Iyo mbonye umugabo wanjye atashye ndananirwa cyane mu mutima no ku mubiri.” Ati: “Inshuro nyinshi numva meze nk’umuntu uri wenyine mu rugo.

Kugira ngo abashakanye barambane, mbere ya byose, imirimo igomba kugabanwa neza hagati y'abafatanyabikorwa bombi. Mu by'ukuri, iyo umugabo n’umugore biyemeje kurera umwana neza, umubano w’abashakanye uba mwiza. Byongeye kandi, kugabana imirimo yo mu rugo bifasha koroshya umutwaro no kwemerera buri wese kwishimira ibihe byiza ku mibereho ye.

Src: Santeplusmag.com








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • niyonukiza oscal3 years ago
    Nibyo koko imirimo yomurugo ntago Igomba guharirwa abamama kuki baravunika cyane kd dukwiye kububahab Kuko nabafasha sabakozi bomungo zacu dusezerana Ku bana muribyose ibyiza nibi





Inyarwanda BACKGROUND