RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Yahisemo gukundana n’igipupe ndetse agisaba ko bakora ubukwe- AMAFOTO

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:17/11/2020 15:38
0


Mu gihe abantu bamara imyaka myinshi bagerageza gushaka urukundo, Yori Tolochko yibwira ko yabonye isaro ridasanzwe, Uyu ni Margo, igipupe yifashisha mu gukora imibonano mpuzabitsina bakundanye amezi hafi 8 birangira umugabo agisabye ko bakora ubukwe.



Mu buzima busanzwe, icyifuzo cyo gushyingirwa ni ikintu cy’ingenzi gitera kwishima bidasanzwe, gushyingirwa byerekana impinduka mu buzima bw’abakundana, aha rero wakwibaza icyo uyu mugabo Yori Tolochko wo muri kazakahstani yari agambiriye.


Yori Tolochko akunda kwerekana amafoto ari kumwe n’inshuti ye y'igipupe, Margo ariko kandi akavuga ibyo yahuye na byo mu rukundo rwe na Margo, ati ”Margo nta kintu yakwikorera byose ninjye bireba, kumwambika, kumugendesha ndetse nta n'ubwo azi guteka”. Akomeza avuga ko hari n’ubwo igipupe cye kimutuka ariko ngo umutima wacyo wuzuye ubwuzu.


Uyu mugabo ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga avuga ko itariki y’ubukwe bwe n'igipupe itaramenyekana ariko ko atazatinda kuyitangaza


Aha wakwibaza impamvu abagabo bamwe na bamwe bakunda guhitamo gukora imibonano mpuzabitsina n’ibipupe. Nathalie Parein, impuguke mu by'imitekerereze n’imyororokere avuga ko ahanini abagabo nk'aba, baba bahunga amakimbirane akunda kuba hagati y’abashakanye.


Yiteguye gukora ubukwe n'igipupe

Src: New York Post






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND