RFL
Kigali

Abasore gusa: Umukunzi wawe yavutse mu kuhe kwezi? Ukwezi kwe kurakugaragariza uwo ari we

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:5/11/2020 13:55
1


Ubushakashatsi bwerekana ko ushobora kumenya imiterere y’umukobwa ukurikije ukwezi yavutsemo ukabasha kumenya niba koko mushobora kubana cyangwa se bitashoboka bitewe n’uko ateye.



Ubusanzwe n'ubwo bigoye kumenya imiterere yose ya buri muntu bitewe n’uko umuntu ari mugari abahanga bagaragaje ko hakurikijwe ukwezi umukobwa yavutsemo ushobora kumenya imiterere ye, ibi babyemeje bamaze gukora igerageza ku bantu bvutse mu mezi amwe.

Dore rero imiterere ya buri mukobwa mukundana hakurikijwe ukwezi yavutsemo:

1. Umukobwa wavutse mu kwezi kwa Mutarama: Niba umukobwa mukundana yaravutse mu kwezi kwa mbere, mu bisanzwe ni intagondwa cyane, ntakurwa ku ijambo, kandi ntiyoroshye. Umukobwa wavutse muri uku kwezi, ahora ashaka kwitabwaho agira intego y’ibyo yiyemeje gukora, iyo yiyemeje gukurura umugabo, birangira amwigaruriye, ubusanzwe ntiyumva pe, iyo umukunzi we agerageje kumugira inama ku byo agomba gukora yumva ko ari ubuzima bwe kandi ku bwe aba yumva ko ntawamubera umuyobozi mu buzima bwe aba yumva yabaho uko ashaka.

2. Umukobwa wavutse mu kwezi kwa Gashyantare: Niba umukobwa mukundana yaravuse muri uku kwezi, menya neza ko uyu mukobwa ari ingurutsi, nk’umukunzi we uzabigenzure neza ntabwo aho umusize ari ho umusanga, akunda gutembera, gusohoka no kujya ahantu hashya,  Ni ubwoko bw’umukobwa ukunda kwitemberera cyane no kwidagadura. Niba wowe nk’umukunzi we udakunda ibintu byo gusohoka azahitamo kukureka asange ababishoboye.

3. Umukobwa wavutse mu kwezi muri Werurwe: Abakobwa bavutse muri uku kwezi bagira urukundo rwinshi, bagira Ubuntu, barumva kandi ni abizerwa cyane, bashishikazwa cyane n’amarangamutima y’uwo bakundana, niba umukobwa mukundana yaravutse muri uku kwezi, ntuzatume agucika.

4. Umukobwa wavutse muri Mata: Umukobwa uri muri iki cyiciro akunda kwigenga. Ubusanzwe agira urugwiro, aratuje, kandi afite ubwenge, ntabwo ari ubwoko bw’umukobwa usimbagurikira kuri buri kimwe cyangwa se ngo abe umwasama. Afata igihe cye cyo guhitamo uwo bazabana. Kandi ntabwo ari ubwoko bw’umukobwa wizera byoroshye umukunzi we, afata umwanya mu buryo bwimbitse mbere yo kwifungurira mugenzi we.

5. Umukobwa wavutse muri Gicurasi: Abakobwa bavutse muri uku kwezi, biragoye kumenya icyo batekereza kuko bakunda guhisha ibintu byabo cyane ku buryo abakunzi babo babimenya byarangiye, umukobwa wavutse muri uku kwezi agira ikinyabupfura cyinshi, akunda cyane iyo umugabo we amushimagije ku bw’ibyiza yakoze.

6. Umukobwa wavutse muri Kamena: Uyu mukobwa azi gukunda kandi na we agira amahirwe yo gukundwa, akunda care cyane n'ubwo rimwe na rimwe atabigaragaza, afite uburyo bwo gucecekesha amarangamutima ye, ikindi kintu gitangaje umukobwa wavutse muri uku kwezi agira ni uko azi guhita yikuramo umukunzi we mu gihe hari icyo batumvikanyeho, uyu mukobwa arakora cyane kandi yakora ibishoboka  byose ngo agumane n’umukunzi we gusa iyo byanze arekera iyo.

7. Umukobwa wavutse muri Nyakanga: Uyu aratuje cyane ntabwo akunda amakimbirane ndetse ntabwa aba ashaka ko hari uwamwiyenzaho, bene aba bakobwa bavutse muri uku kwezi bagira ibanga cyane, birinda mu byo bavuga no mu byo bakora, ntabwo bakunda icyabateranya n’abandi, bababarira by’ako kanya ariko kandi bakunda kubika amakuru y’ibibi byababayeho.

8. Umukobwa wavutse muri Kanama: Arahubuka kandi avugira aho, arizera byoroshye, akunda kwishimisha kandi ntakunda ibihe bibi, ntiyita ku byo abandi bamutekerezaho, nubwo yikunda ariko agerageza gutega amatwi abamukeneye.

9. Umukobwa wavutse muri Nzeri: Abakobwa bavutse muri uku kwezi barakundwa cyane, bakunda kwitabwaho cyane kandi ni abakobwa umusore wese yakunda, umukobwa wavutse muri uku kwezi ni umwizerwa cyane ni umusirimu yambara neza, ntakunda umuntu umucishamo ijisho ndetse azi guhitamo neza uwo bazabana.

10. Umukobwa wavutse mu Kwakira: Umukobwa wavutse muri uku kwezi akunda cyane iyo umukunzi we amushimagiza akavuga ko atabaho atamufite, akunda amagambo aryoheye amatwi akunda iyo umugabo amubwiye ko ari cyo kintu cyiza yabonye ku isi, agira udushya twinshi ndetse akunda gusohoka kugira ngo abone ibintu bishya, agira umutima mwiza ndetse yifuza ko abamukikije bose bahora bishimye, ni umunyamahoro kandi yirinda intambara uko ashoboye.

11. Umukobwa wavutse mu Gushyingo: Uyu aba ameze nk’utajegajega kandi agaragara nk’udashidikanya ku bintu, akunda guhora agaragaza ibitekerezo bye, arasesengura cyane, areba kure ku buryo kumubeshya bitapfa kukororhera.

12. Umukobwa wavutse mu kuboza: Uyu nubwo akunda gutuza ariko ikintu cyamunaniye ni ukwihangana, akunda kugerageza ibintu bishya no kubivumbura, uyu na e agerageza uko ashoboye kose akirinda ibibazo kuri mugenzi we ariko iyo byakabije, uyu mukobwa aba mubi cyane.


 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kale3 years ago
    Muzadushakire n'imiterere y,abahungu bavutse muri ayo mezi





Inyarwanda BACKGROUND