Dr John Pombe Magufuli watsindiye kongera kuyobora Tanzaniya kuri manda y’imyaka 5 abahanzi b’ibyamamare barimo Alikiba na Harmonize bamwandikiye ubutumwa bumukeza bamwifuriza ishya n’ihirwe.
Bongo5
yanditse ko nyuma yo gutangaza ko bwana Magufuli ari we uzongera kuyobora
Abanyatanzaniya basaga miliyoni 56.32, abamwemera bari kumwandikira bamwifuriza
intsinzi babinyujije ku mbuga nkoranyambaga dore ko 82% (Miliyoni 23) bakoresha murandasi.
Alikiba yanditse ati: ”Nkwifurije intsinzi nyakubahwa Dr John Pombe Magufuli kuba wongeye gutorwa, abanyatanzaniya twishimiye kongera kuyoborwa na we mu myaka 5 iri imbere. Ndasaba Allah kuguha umugisha mu bikorwa byose uzayobore igihugu mu mahoro, urukundo, iterambere ndetse Imana izakongerere ubuhanga, Uhoraho ahe umugisha Tanzaniya, abayobozi bose batorewe kutuyobora”.
Harmonize we yagize ati: ”Ugire isabukuru nziza bwana Perezida, wihanganire ingendo zose twakoze tuzenguruka igihugu dushaka amajwi ariko bitanze umusaruro uratsinze Dr John Pombe Magufuli Perezida wa Tanzaniya akazi karakomeje, twakoze amateka turi kumwe ndizera ko ibirori bizabera ku cyicaro cya Kondegang”.
Si abahanzi gusa bayiraye ku ibaba mu gutura ibisigo Magufuli wongeye kuragizwa Tanzaniya kugeza mu wa 2025 ahubwo na Perezida w’u Burundi bwana Evariste Ndayishimiye yamukeje yivayo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yanditse ko
abanyatanzaniya bahisemo neza kandi bimakaje Demokarasi. Yagize ati: ”Mu izina
ry’abarundi bose nanjye ubwanjye ndabakeje kandi nkeje abanyagihugu bahisemo
neza”.
Amashyaka 15 yari yatanze abayahagararira mu
matora y’umukuru w’igihugu nubwo abahanganye ari bwana Magufuli wa Chama Cha
Mapinduzi (CCM) na bwana Tundu Lissu wa CHADEMA. Komisiyo y’amatora muri icyo
gihugu yatangaje ko bwana Magufuli yabahigitse bose.
N'ubwo biri uko ariko, umubare w’abagombaga kwitabira amatora wariyongereye ugereranyije n’ayo mu wa 2015. Nk'ubu iyo komisiyo twavuze hejuru yatangaje ko abantu miliyoni 14.8 muri miliyoni 29.8 biyandikishije bakwepye amatora yabaye ku ya 28 Ukwakira 2020.
Uyu mubare tuvuze ni mwinshi kuko mu wa 2015 abanze gutora
kandi bujuje ibisabwa bari kuri 33%, abari biyandikishije ni miliyoni 25.5.
Bwana Magufuli yatowe na miliyoni 12 bimuhesha amanota 84.4%. Bwana Tundu Lissu
yatowe na 1,933,271 yegukana umwanya wa kabiri.
Ku ruhande
rw’indororezi zakurikiye ayo matora zivuga ko yagenze neza, bwana Sylvestre
Ntibantunganya wahoze ayobora u Burundi yasobanuye ko yaciye mu mucyo ariko
imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ntihwema kugaragaragaza bwana
Magufuli nk’umuntu uyoboza inkoni y’icyuma ndetse utihanganira abo batavuga
rumwe.
TANGA IGITECYEREZO