RFL
Kigali

Uwizeyimana Evode nyuma yo guhohotera umugore agahita yegura yongeye kugirirwa icyizere agirwa Umusenateri

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:16/10/2020 12:20
2


Muri Gashyantare 2020, ni bwo uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko nshinga n’andi mategeko, Uwizeyima Evode, yatangiye kuvugwa mu itangazamakuru kubera guhohotera umugore ukora akazi muri Kompanyi ishinzwe umutekano ISCO, wari mu kazi, maze nyuma Uwizeyimana Evode aregura.



Uwizeyimana Evode yasabye imbabazi ku byabaye agahohotera umugore. Yifashishije Twitter, yavuze ko ibyabaye bitari bikwiriye kubaho. Yagize ati “Ndicuza nkomeje ku byabaye. Ntabwo byari bikwiye kuri njye nk’umuyobozi ndetse n’umukozi wa Leta. Namaze gusaba imbabazi umukozi wa ISCO ndetse n’ubu nzisabiye mu ruhame, nzisaba abantu bose muri rusange”.

Tariki ya 6 Gashyantare 2020, mu itangazo ryanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, ryavugaga ko Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta barimo Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera hamwe na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, azashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Ukwakira 2020, ku rukuta rwa Twitter rwa Minisitiri w’intebe, batangaje ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri 4 barimo na Evode Uwizeyimana. 

Iri tangazo riragira riti ”Ashingiye ku biteganwa n’itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu ngingo yaryo ya 80; Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Abasenateri bakurikira; Dr Dusingizemungu Jean Piere, Kanziza Epiphanie, Twahirwa Andre na Uwizeyimana Evode.


Ibi byerekana ko Uwizeyimana Evode yongeye kugirirwa icyizere na Leta 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndagijimana etienne3 years ago
    Gusaba imbabazi ningombwa byakaranze bburi munyarwanda wede
  • Eriad3 years ago
    Ewana noneho nta muntu uramukira kbs





Inyarwanda BACKGROUND