Mushambokazi Zura umukinnyi, umutoza ndetse n'umusifuzi mu mukino wa Taekwondo, yadutangarije ibyaranze urugendo rwe muri uyu mukino, imidari yatwaye, abakinnyi yakubise, ndetse agira inama abakobwa bakitinya.
Ukimubona
ntiwakwibwira ko ari umwari umaze imyaka igera kuri 12 akina Taekwondo. Gusa
imyitozo ye, imikorere ye uduhigo afite, ibikombe yatwaye, imidari afite byaba
ubuhamya ku bari bose bakitinya.
Nk'umwe
mu bategarugori bafite umukandara wo hejuru mu bakinnyi bakina uyu mukino mu Rwanda,
Zura yadutangarije ko na we yatangiye gukina uyu mukino abona ari ibintu biri aho
kuko yari asanzwe akina umukino wo kwiruka n’amaguru.
Mushambokazi
kandi wanashinze ikipe y'abakiri bato yitwa Kigali Justice yemeza ko abari
n'abategarugori badakwiye kwitinya mu mikino imwe n'imwe bavuga ko atari iyabo,
ahubwo ko bagomba kwiyizera bakamenya ko bashoboye.
Uyu
musifuzi muri Taekwondo mu gihe amaze akina Taekwondo, yatubwiye ko hari
umugande bigeze guhangana, uwo mugandekazi akaza kumukubita ariko na we mu
mikino yo kwishyura Zura akamuganza, ibintu byatumye uyu mugandekazi asezera kuri uyu
mukino.
Ikiganiro cyose ku buryo bw'amashusho kanda Hano:
TANGA IGITECYEREZO