Umunyapolitiki akaba n'umuhanzi ukomeye muri Uganda, Bobi Wine, yatangaje ko inyandiko zikenewe kugira ngo umuntu atorwe kuba Perezida wa Uganda zabuze nyuma y'igitero yagabweho n’abapolisi n’abasirikare ku biro bye.
Bwana
Wine yavuze ko yahunze ibiro bye, igihe abasirikare n'abapolisi benshi bitwaje
intwaro bahageraga kugira ngo basake izo mpapuro zimwemerera kwiyamamaza kuyobora
Uganda. Yavuze ko icyabiteye ari ukugerageza kwiyamamazanya na Perezida Yoweri Museveni mu matora y'umwaka
utaha.
Polisi ntacyo ivuga ku nyandiko bivugwa ko
zabuze ndetse ihakana ko iki gitero cyatewe na politiki ya Uganda. Mbere y'uko Bobi
Wine avuga ku mpapuro zabuze hamwe n'ingofero yambaraga imeze nk'iya gisirikare, umuvugizi wa polisi, Fred Enanga yatangaje ko
iki gitero cyatewe n'iperereza ryakozwe ku ikoreshwa nabi ry'imyenda y’ishyaka
rye. Guverinoma yabujije ikoreshwa ry’ikirango cya Bobi Wine n'ibindi bikoresho
bya gisirikare.
Bwana Enanga ati: "Ntabwo ari politiki. Turimo gukora ibikorwa byo gukoresha nabi imyenda imwe n'imwe." Umudepite Bwana Wine,akurikiranyweho imitwe iharanira uburenganzira ivuga ko ishingiye kuri politiki.Kimwe mu bisabwa kugira ngo umuntu yiyamamaze mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda, ni ukugira umukono w’inkunga y’abatora 100 biyandikishije baturutse nibura bibiri bya gatatu by'uturere twa Uganda.
Bobi Wine arakataje mu kuzahangana na Museveni mu matora
Robert Kyagulanyi uzwi muri muzika nka Bobi Wine,
yavuze ko itsinda rye rimaze gukusanya imikono miliyoni 6. Yatangarije umunyamakuru
wa BBC, Catherine Byaruhanga ati: "Guverinoma ya Museveni iragerageza
kumbuza gutanga kandidatire ya perezida."
TANGA IGITECYEREZO