RFL
Kigali

Nyuma y’amezi agera kuri 7 amashuri ahagaze, Minisiteri y’uburezi yatangaje ingengabihe y’amashuri abanza n'ayisumbuye

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:13/10/2020 21:22
2


Kuri ubu amezi agera kuri 7 arashize abanyeshuri batiga kubera icyorezo cya Coronavirus kibasiye isi. Nyuma y'uko iki cyorezo kigiye kigabanuka mu Rwanda, hafashwe ingamba z'uko amashuri azajya afungurwa mu byiciro. Kuri ubu Minisiteri y'uburezi yashyize hanze ingengabihe y'amashuri abanza n'ayisumbuye.



Muri iyi ngengabihe bigaragara ko abanyeshuri bazajya batangira mu bihe bitandukanye. Aho ku ikubitiro abanyeshuri biga mu mwaka wa gatanu n' uwa gatandatu w’amashuri abanza hamwe n'abiga mu mwaka wa gatatu, umwaka wa gatanu ndetse n’uwa gatandatu w’amashuri yisumbuye ari bo bazabanza kujya ku ishuri tariki ya 2 Ugushyingo 2020.


Ingengabihe y'amashuri abanza n'ayisumbuye 

Nyuma y'aho Minisiteri y'uburezi ishyize iyi ngengabihe hanze ikaba yaboneyeho gutangaza ko abanyeshuri bazakomereza aho bari bagejeje amasomo yabo ndetse ko n'abari barishyuye amafaranga y'ishuri batazasabwa ayandi.


Itangazo rya Minisiteri y'Uburezi mu Rwanda 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gisimba3 years ago
    Ndumva
  • Mugisha eric3 years ago
    Murakoze





Inyarwanda BACKGROUND