RFL
Kigali

BRD yatanze urutonde rw’abanyeshuli (UR&RP) barihirwa na leta batuzuje amasezerano inavuga ko abatabikora vuba batazabona buruse

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:8/10/2020 11:27
2


Banki y'u Rwanda itsura amajyambere (BRD) itanga inguzanyo ku banyeshuli barihirwa na Leta biga muri University of Rwanda na Rwanda Polytechnics yasohoye urutonde rw'abanyeshuli bataruzuza amasezerano y'inguzanyo bahabwa.



Iyi Banki ikaba isaba aba banyeshuri kubikora muri iki gihe amasomo agiye gusubukurwa kugira ngo  batazahura n’imbogamizi yo kutabona Buruse. Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter kuri uyu wa 7 Ukwakira 2020 mu masaha y’umugoroba, BRD yashyize hanze itangazo isaba abanyeshuli bataruzuza amaserano y'iyi nguzanyo yo kwiga bahabwa, ko babikora vuba na bwangu kugira amashuli azafungure barabirangije mu rwego rwo kwirinda kuzahura n’ikibazo cyo kutazabonera buruse ku gihe.

Muri iri tangazo iyi banki yashyize ku mugaragaro, riherekejwe n'urutonde rw’aba banyeshuli. Aba banyeshuli ni abiga muri kaminuza y’u Rwanda (University of Rwanda) n’amashuli y’imyuga (Rwanda Polytechnics). Itangazo BRD yatanze riragira riti ”Mu gihe twegereje ko amashuri afungura, turasaba abanyeshuri bakeya basigaye ba UR na RP bigira ku nguzanyo ya Leta, by’umwihariko abari ku rutonde rwatanzwe, bazi ko bataruzuza amasezerano y’inguzanyo muri system (EFMIS) ya BRD Education, kubikora mbere y’uko igihembwe gitangira.

Twibutse ko abatarujuje amasezerano ntibemerewe kubona buruse.

· KANDAAHA UREBE URUTONDE RW’ABANYESHURI BATARASINYA AMASEZERANO

· KANDAAHA UREBE URUTONDE RW’ABANYESHURI BASOJE KWIGA ARIKO BATASINYE AMASEZERANO

Abakozi ba Campus bashinzwe imibereho myiza y’abanyeshuri (Deans/Welfare) bafatanije n’abakozi ba BRD barakomeza kubafasha. Ku bindi bisobanuro mwahamagara umurongo utishyurwa 3288 / 0788388168 cyangwa mukatwandikira kuri student@brd.rw”.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Munyaneza Eric3 years ago
    Murakoze , gusinya aya masezerano bikorwa bur mwaka? Cyangwa usinya rimwe bikaba bigiye mur system kugeza usoje amasomo uziga? Nkabar mumwak wa mbere(level 1). Ikind kifuzo , ESE abemerewe guhabwa burse , nabo bazabanza kugenda mbere nkuko buteganyijwe? Cgangwa abanyeshur Bose bayihererwa rimwe hatagendeye kubyiciro byabazatsngira mbere y'abandi.
  • Issa Habineza3 years ago
    turashima cyane ubwitange bashyiramo mukudufasha kubona iyo buruse kuko niyo idufasha mumyigire yacu. bityo rero nabo banyeshuri bagire vuba batange ibyangombwa byuzuye kugirango serivise zirusheho kunoga. byumwihariko rero natwe turasaba ko igihe cy'itangira ry'amashuri n'igihe k'itangwa rya buruse hatajyamo intera ndende kuko bituma tugira imigire igoranye cyane. ndabashimiye cyane.





Inyarwanda BACKGROUND