RFL
Kigali

EP Ikibondo yashoye arenga miliyoni 200 mu kwirinda ubucukike mu mashuri

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:2/10/2020 10:35
3


Mu minsi ishize nibwo leta y’uRwanda yatangije gahunda yo kongera ibyumba by’amashuri mu bigo biyishamikiyeho mu rwego rwo kurwanya ikibazo cy’ubucukike cyatunzwe agatoki nka kimwe mu bidindiza ireme ry’uburezi.



Ibi ntabwo biri gukorwa mu mashuri ya leta gusa kuko hari n’ibigo byigenga byinjiye muri iyi gahunda. Ishuri ribanza ry’Ikibondo riherereye mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye rigeze kure inyubako ryitezeho kuzafasha mu kwirinda ubucukike.

Iyubakwa ry’aya mashuri ryabaye inkuru nziza ku babyeyi barerera n’abifuza kurerera muri iki kigo kuko ngo bizanafasha mu kwakira abanyeshuri bariganaga bagasubizwa inyuma kubera imyanya mike.

Umubyeyi witwa Thomas ufite abana babiri arerera ku Kibondo yagize ati “Ubusanzwe ntabucucike bwahabaga ariko bizarushaho guha umutekano abana bacu. Twarabajije batubwira ko ari n’inzira yo kwakira abahaburaga imyanya kubera ibyumba bike, kandi ntibari kujya babakira bose kuko byari kuzana ubucucike”

Ubuyobozi bw’iri shuri ribanza ry’Ikibondo buvuga ko nabwo bwari bwaratekereje kongera ibyumba by’amashuri. Uretse kuba bizafasha mu kurinda ubucucike butari bunahasanzwe, ngo bizanafasha gufungurira amarembo abanyeshuri baburaga imyanya muri iki kigo gisanzwe gitsindisha ku rugero rwo hejuru.

Uwera Francoise yagize ati “Ni ishuri rya etaje turi kubaka, uretse ko twari twaranatekereje kubaka mbere ya covid ariko bibaye mahire. Tuzajya tubona aho dutandukanyiriza abana mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ya Minisante yo kwirinda icyorezo.”

Uwera Francoise, umuyobozi w'ishuri ry'Ikibondo

Intandaro yo kuba iri shuri ryagiraga abarigana benshi kugera ubwo bamwe Babura imyanya, ni ikigero cy’uburyo abana baryigaho batsindaho ibizamini bya leta. Umwaka wa 2019, abanyeshuri biga kuri iri shuri batsinze ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza kukigero cya 98.3%.


Minisitiri w’uburezi Dr Uwamariya Valentine aherutse gutangaza ko bitarenze muri uku kwezi k’Ukwakira amashuri azaba yatangiye gufungura

Yagize ati “Tumaze igihe twitegura, amashuri yahawe ibyo agomba kugenderaho yitegura, igisigaye ni ukureba niba byarubahirijwe. Nk’uko ibindi bikorwa byose bitafunguriye rimwe, amashuri nayo ntazahita afungura yose, tuzagenda duhera kumakuru”. Iyi nyubako iri kubakwa ku ishuri ribanza ry’Ikibondo, izuzura itwaye asaga miliyoni 200. Ifite ubushobozi bwo kongera abana 350 kuri 704 bari basanzwe biga mu byumba by’amashuri bihasanzwe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mark3 years ago
    Bravo APEC-Ikibondo intambwe muteye izabere n'abandi urugero!Na Leta uzabashimire by'umwihariko
  • UKURI NYAKO3 years ago
    Ikibondo gikomeje gutera imbere nkumwe mubahize mumyaka yabanje ni intambwe ishimishije ariko ushobora kuba utashatse amakuru neza kuko bivugwa ko iriya ishobora kuba ari secondary rero ndumva ari business iri gukura ntaho bihuriye no kugabanya abanyeshuri kuko biriya byatangiye nambere ya covid dejat comme 3-5 ans avant ubwo rero aubwo kumakuru mfite ahubwo nuko ahari uwanze kubaha ikibanza byegeranye ngo ahubwo nawe abagurire kuko we ahafite ikinamba rero bakitwaza contexte ya covid ngo babishyire mu itangazamakuru nkamwe ngo leta ihamwambure kungufu bitwaje ibyo ,nubwo rwose byumvikana ko uburezi buruta icyo kinamba ariko namwe mujye mucukumbura ,naho rwose hari ibyo bakoze nka kwirukana abarimu babahehesi nka Martin, nabandi nka Ntakiye Libert nubwo we yazamuwe ariko byibuze akava muri education , naho ubundi imyigishirize yo ni ntamakemwa kuko Minervale nayo iri hejuru itikoraho . murakoze nihitiraga.
  • Nyamabara3 years ago
    Burya igituma biriya bigo bya privait bitsindisha nuko bitazana abize TTC nka leta kuko burya muri iki gihe abantu bose batsindwa amasomo usanga bari kwirukira muri ttc kuko bazi ko barangiza bahita babona akazi kdi burya ama privait iyo usanga azana abiga mumakaminuza bize neza ama science bayatsinda muma secondaire ugasanga nireme ryiryo bigisha riri hejuru umuntu wize kwigisha muri secondaire kwigiha ukagirango nawe azigisha kwigisha kdi azigisha ibyo yahunze ari byo ma science nikimenyi menyi iri shuri APEC IKIBONDO iyo uri gererenyije nirindi bituranye binegeranye rya leta ryitwa ngo ryigishwa nabayigiye usanga ntaho byahurira namba kuko bo usanga byibuze iyo bakabije hatsinda abanyeshuri 10 mu 100 baba bakoze ubundi bakirirwa bavuza induru ko leta ntihemba mwarimu ugasanga babndi babivuga nubundi nyine nabo badafite icyo bafite mumutwe . wari wumva abigisha muri kaminuza cg muma secondaire meza atari aya nine cg andi aciriritse bataka umushahara nuko bahemberwa amashuri bize ,ibyo bafite mumutwe ndetse nibyo batanga kukibaho. nkuwahize aho kuri apec ikibondo (comme mon point de vue ) navuga ntyo





Inyarwanda BACKGROUND