RFL
Kigali

Colombia: Nyuma y’imyaka 2 yaraburiwe irengero bamusanze mu nyanja ari muzima

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:30/09/2020 14:56
2


Umugore w’umunya-kolombiyakazi nyuma y’imyaka 2 yose yaraburiwe irengero bamusanze areremba mu nyanja ari muzima



Mu gihugu cya Colombia haravugwa inkuru y’umugore witwa Angelica Gaitan kuwa gatandatu w’icyumweru dushoje basanze areremba mu nyanja hagati ari muzima nyuma y’imyaka 2 yaraburiwe irengero. Uyu mugore bamusanze muri bilometero bigera kuri 2 uvuye ku nkombe y’inyanja.

Angelica Gaitan

Angelica Gaitan

Angelica bamusanze mu nyanja nyuma y'imyaka 2 yaraburiwe irengero

Angelica w’imyaka 46 y’amavuko kuwa gatandatu w’icyumweru dusoje nibwo yabonywe areremba mu nyanja n’umurobyi witwa Rolando Visbal wari kumwe na bagenzi be mu bwato mu nyanja iri mugi wa Puerto Colombia Muri Colombia. Nyuma nibwo aba barobyi yahise bihutira kujya mu mazi kumuvanamo.

Angelica Gaitan

Yatabawe n'abarobyi

Mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa Facebook n’uyu murobyi Visbal, yerekanaga we n’abagenzi be barekeza ubwato bwabo aho uyu mugore yari mu mazi. Mbere yo kumenya ko ariwe babanje gukeka ko atari umuntu nyuma nibwo uyu mugore yaje kuzamura ikiganza asaba ubufasha, bahita bajya kumutabara mu mazi yari amazemo amasaha arenga umunani. Ubwo bamugeragaho basanze afite ikibazo cyo kugira ubushyuhe bucye mu mubiri ndetse n’umubiri we unaniwe cyane.

Mu magambo yavuze akimara kuvanwa mu mazi yavuze ko “Yavutse bundi bushya kandi ko Imana itashatse ko apfa”. Andi mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga uyu mugore ahabwa amazi ndetse anafashwa kugenda nyuma ahita ajyanwa kwa muganga.

Ubwo uyu mugore yaganiraga na Radiyo yitwa RCN yatangaje ko yavuye mu rugo rwe mu mwaka 2018 nyuma y’imyaka myinshi yari ishize ahohoterwa n’uwahoze ari umugabo we. Yakomeje avuga ko uyu wahoze ari umugabo we yamufungiraga mu nzu ntasohoke akanamutegeka gukoresha ubusitani nk’ubwiherero.

Mu mwaka 2018 akiva mu rugo rwe ahunze umugabo we yabaye mu muhanda amezi agera muri atandatu yose. Angelica yaje gufata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima nyuma yo kwirukanwa ahantu yari yabonye ho kuba abaye by’akanya gato. Mu magambo ye yakomeje avuga ko atamenye uko yageze mu mazi kugeza ubwo yatabarwaga n’abarobyi.

 

Src: PTC News

   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • J cloude bunani3 years ago
    Imana yamubaye hafi nishimwe!
  • Claudette ingabire3 years ago
    Twabasabaga ko mwakomeza kudusangiza amakuru





Inyarwanda BACKGROUND