RFL
Kigali

MTN yatangaje impinduka muri gahunda yo kubikuza kuri Mobile Money

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:23/09/2020 16:45
0


MTN Rwanda irifuza kumenyesha abakiriya bayo b'imena ko hari impinduka zigamije kongera umutekano muri gahunda yo kubikuza amafaranga kuri MOMO ikaba itangira gushyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa 24 Nzeri 2020.



Abakiriya bose ba MOMO bazajya bakanda *182*7*2# babanze igikorwa cyo kubikuza muri MOMO mbere y'uko umu ajenti yohereza bwa butumwa bwemeza kubikuza. Iki ni kimwe mu bikorwa bijyanye no kwagura imiyoboro y'iki kigo kugira ngo sisiteme ya MOMO ikomeze kugira umutekano ndetse no kurengera abakiriya bakoresha MOMO mu kubarinda abatekamutwe.

Izindi ngamba zafashwe mu rwego rwo kwirinda no gukumira ubutekamutwe bukorerwa kuri MOMO, MTN yagize ati "Turashishikariza kandi tunasaba buri mukiriya wese ukoresha MOMO kuba maso mu gihe cyose ari mu gikorwa cyo kwemeza kubikuza cyangwa kohereza amafaranga ndetse no kwita ku yandi mabwiriza yose akubiye mu mfashanyigisho zo MOMO".

Yunzemo iti "Mu gihe usabwe kwemeza igikorwa cyose kuri MOMO utagizemo uruhare, nyabuneka uzahite ubimenyesha ababishinzwe ako kanya". MTN iributsa abakiriya bayo ko nta na rimwe izagirana nabo ibiganiro kuri telefone birebana na konti zabo za MOMO, ko abazabahamagara muri ubwo buryo bakwiriye guhita babifata nk'ubutekamutwe kandi ko bagomba guhita babimenyesha MTN bahamagara 100, bakabimenyesha ishami rya MTN ribegereye cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.

PIN ya MOMO igomba guhora ari ibanga mu gihe uyibagiwe ntugahangayike kuko MTN yoroheje uburyo bwo kuyihindura, kanda *182*9*1#. Ibi byemewe gusa mu gihe amafaranga usigaranye kuri konti ya MOMO ari munsi y’ibihumbi 3,000. Uramutse usigaranye menshi kuri aya, bizagusaba kugana ishami rya MTN rikwegereye.

Ku bindi bisobanuro:

Sura wa www.mtn.co.rw

Email: mobilemoney.rw@mtn.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND