Ibihugu birenga 60 bikize byinjiye muri gahunda ishyigikiwe na OMS mu rwego rwo korohereza ibihugu bikennye kubona inkingo za Coronavirus, gusa Amerika n'u Bushinwa ntabwo biri ku rutonde rwashyizwe ahagaragara.
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima OMS ryifatanije
n’itsinda ry’umuryango w’ubumwe bw’inkingo Gavi hamwe n’umuryango uhuriweho
n’udushya tw’ibyorezo by’indwara (CEPI) ryashyizeho uburyo bugamije
gukwirakwiza neza inkingo zose za Covid-19, ariko ubwo buryo buzwi ku izina rya
Covax, bufite ikibazo cyo gukusanya inkunga ikenewe kugira ngo ibihugu 92
byinjiza amafaranga make byiyandikishe vuba.
OMS yari yashishikarije ibihugu bikize kwiyandikisha mu
mpera z'icyumweru gishize , 64 byamaze kwiyandikisha ibindi 38 biteganijwe ko bizinjira mu
"minsi iri imbere", nk'uko iyi miryango uko ari itatu yabitangaje.
Umuyobozi wa Gavi, Seth Berkley, yagize ati: "Intego
y’ikigo cya Covax ni ukugerageza gukorana n’ibihugu byose byo ku isi."
Ati: "Nshobora kwizeza ko twaganiriye kandi ko tuzakomeza kugirana
ibiganiro n'ibihugu byose".
OMS yavuze ko hakenewe miliyari 38 z'amadolari muri gahunda
rusange ya ACT-yihuta, ikubiyemo Covax, ariko kandi n'ubufatanye ku isi
hagamijwe guteza imbere no guharanira ko habaho ibizamini bivurwa na Covid-19,
no gushimangira gahunda z'ubuzima. Ariko kugeza ubu imaze kwakira miliyari 3.0
z'amadolari gusa.
Umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko
afite icyizere ko ibihugu byinshi - bihagarariye hafi bibiri bya gatatu
by'abatuye isi byemeye kugira uruhare muri ubwo buryo. Muri iryo tangazo yagize
ati: "Covid-19 ni ikibazo kitigeze kibaho ku isi gisaba ko isi
yakwitabwaho mu buryo butigeze bubaho." Ati: "Iyi ntabwo ari imfashanyo." Ni
inyungu za buri gihugu. Turi mu bwato bumwe turahitamo gufatanya tuvugame twambuke cyangwa se twese turohame."
TANGA IGITECYEREZO