RFL
Kigali

Nyuma y'amezi asaga 6 Car Free day yasubukuwe - AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:20/09/2020 13:41
0


Mu gihe gisaga amezi atandatu abanyarwanda, inshuti z'u Rwanda ndetse n'abaturarwanda batitabira Sipro Rusange (Car Free Day), kuri iki cyumweru tariki 20 Nzeri 2020 yasubukuwe.



Nyuma y'aho umuntu wa mbere urwaye Coronavirus agaragariye mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020 hahise hasohoka itangazo rihagarika Siporo rusange, ibyo byatumye n'igikorwa ngaruka kwezi cya Car Free Day gihagarikwa.


Siporo rusange cyangwa Car Free Day ni Siporo rusange ihuza ingeri soze bakisanzura bisanzwe nta binyabiziga biri mu muhanda.


Abanyakigali bongeye kwisanzura mu mihanda itandukanye

Kuri iki cyumweru rero abakora siporo bagomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus harimo gusiga metero 2 hagati y'umuntu n'undi, kwitwaza umuti usukura intoki (Hand Sanitizers) ndetse no kwambara agapfukamunwa mbere na nyuma yo gukora siporo.


Siporo rusange yatangiye muri Gicurasi 2016 ikaba igamije gushishikariza abatuye umujyi wa Kigali gukora siporo hirindwa indwara zitandukanye kuko abitabiriye siporo bahabwa inama ndetse bakanapimwa indwara ku buntu.





Kuri iki cyumweru ni bwo hasubukuwe Car Free Day 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND