RFL
Kigali

Yvan Buravan yavuze ku musore wamwiyitiriye akaryamana n’umukobwa aziko ari uyu muhanzi-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/09/2020 13:44
0


Si rimwe si kabiri abahanzi n’abandi bantu bazwi bataka ko hari abantu babiyitirira ku mbuga nkoranyambaga, bagakoresha izina ryabo mu gusaba abantu amafaranga no kubashyigikira mu bikorwa byo gufasha baba bavuga ko bari gutegura n’ibindi.



Hari ingero z’abakobwa bavuga ko bamaze igihe kinini barahariye umutima wabo umuhanzi, ariko nyuma bakaza kuvumbura ko uwo bavuganaga atari we, bigatuma babihirwa!

Abiyitirira abahanzi bakoresha amayeri atandukanye, arimo gukoresha amazina ye ku mbuga nkoranyambaga, amafoto ye abaranga n’ibindi bishobora gutuma uwo baganira atajijinganya.

Umuhanzi Yvan Buravan yabwiye INYARWANDA, ko mu bihe bitandukanye yahuye n’abakobwa barenze umwe, bamubwira ko bamaze igihe kirenga umwaka baziko bakundana nawe.

Uyu muhanzi avuga ko bimutungura, ariko kandi agasaba abo bakobwa gushishoza. Buravan avuga ko mu gihe cy’imyaka irenga ine amaze mu muziki yahuye na byinshi by’urucantege, bihagarariwe n’umusore wamwiyitiriye aryamana n’umukobwa.

Buravan uherutse gusohora amashusho y’indirimbo ‘Low Key’ avuga ko ibi byabaye nyuma y’uko asohoye amashusho y’indirimbo ‘Urwo ngukunda’ yakoranye na Uncle Austin, yasohotse, ku wa 26 Werurwe 2016.

Yvan Buravan avuga ko umusore yaterese umukobwa amubwira ko ari we Buravan ajya yumva ugezweho mu ndirimbo ‘Urwo ngukunda’. Ngo bombi bakomeje kuganira ubushuti burakomera, kugeza n’ubwo baryamanye.

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO "URWO NGUKUNDA" YA BURAVAN NA UNCLE AUSTIN

Uyu muhanzi avuga ko mu ijoro byabereyemo, we atari yaraye mu rugo, kuko yari mu kazi. Avuga ko nyuma y’igikorwa cyo guhuza imibonano mpuzabitsina, uyu musore yacitse uyu mukobwa agenda atamwishyuye.

Ngo uyu mukobwa yabaririje mu rugo kwa Buravan ajyayo agiye kwishyuza, iwabo baratungurwa.

Ati “Yakoze uko ashoboye agera iwacu (umukobwa)...Numva iwacu bari kumpamagara bati ‘ese bimeze gute ko uyu muntu ari hano ‘ndavuga nti nde? Bakamutsinda kuko urumva hari habaye ishyano!”

Akomeza ati “Naratashye ngeze mu rugo mbona umukobwa ukiri muto ariko ufite umwana, yari yaje azanye n’umwana we. We ambonye aravuga ati ariko ngo 'ndabona umuntu atari uyu,”

Buravan avuga ko agera mu rugo yasanze iwabo bamurakariye, atangira gutekereza ku rugendo rw’umuziki we. Yavuze ko yumvaga muri we arakariye uyu mukobwa ariko kandi akongera agacururuka bitewe n’uko uyu mukobwa yashutswe.

Uyu muhanzi kandi yumvaga muri we, iwabo bakabaye birukanye uyu mukobwa mu rugo bitewe n’uko bazi imyitwarire ye, ariko kandi ngo byagombaga kubaho kugira ngo amenya ko inzira yinjiyemo idaharuye neza.

Buravan avuga ko mu gihe amaze mu muziki nta kintu kirakomeretsa umutima we, kurusha iby’uyu musore wamwiyitiriye akaryamana n’uyu mukobwa.

Buravan yatangaje akimara gusohora indirimbo "Urwo ngukunda" umusore yamwiyitiriye aryamana n'umukobwa

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMUHANZI YVAN BURAVAN

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND