RFL
Kigali

Nigeria: Abakoze filime “Ife” isa n’iyamamaza ubutinganyi bashobora gufungwa

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:17/09/2020 16:47
0


Pamella Adie na Uyaiedu Ikpe Etim, abateguye ndetse bakanakora filime ‘Ife’ bashobora gufungwa nibakomeza kwirengegiza amategeko bagakomeza gusohora filime ivuga ku mibanire y’abahuje ibitsina dore ko ari nayo filime ya mbere ikozwe muri Nigeria igaragaramo ubutinganyi.



Kutavuga rumwe hagati y’abayobozi ndetse n’ikigo gishinzwe kugenzura ama filime yo muri Nigeria NFVCB (Nigerian Film and Video Censors Board) nabyo ubwabyo ni filime.

Producer Pamella Adie hamwe n’umuyobozi Uyaiedu Ikpe Etim bavuze  ko “Ife” bisobanuye ‘urukundo’ mu rurimi rwa Yoruba, ikaba yageraga ku banya Nigeria ariko NFVCB ivuga ko itazemerwa kuko irenga ku mategeko akomeye y’igihugu yerekeye kuryamana kw’abahuje igitsina.

Kugira ngo ibi bikemuke abakoze iyi filime barimo barategura bitunguranye kuzagaragaza ikiganiro bazagirana n’abayobozi. Gusa NFVCB irakurikiranira hafi imbuga nkoranyambaga zose kugira ibuze iyi filime gusohoka.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa NFVCB Adebayo Thomas, Adie na Ikpe-Etim  bashobora gufungwa bazira guteza imbere ubutinganyi mu gihugu aho umubano hagati y’abahuje igitsina utemewe kandi ubikoze agakatirwa igifungo cy’imyaka 14. 

Harategurwa igenzura ryigenga mu murwa mukuru w’ubucuruzi Lagos mu mpera z’uku kwezi, igikorwa bizera ko atari ngombwa ko bagisabira uruhushya. Ife nayo ikaba izabona premiere mpuzamahanga muri Canada mu Ukwakira.

Adie yatangaje ko ikigamijwe muri iyi filime kwari ukugaragaza ishusho nyayo y’abagore babana bahuje igitsina bo muri filime z’inya Nigeria. Yatangarije BBC ko: “Iyo umukobwa cyangwa umugore w’umu lesbian agaragaye muri filime za Nollywood bamufata nkaho ibyo byabaye kubera kugira incuti mbi cyangwa se hakaba hari ababimwinjijemo ku gahato kandi  bakagaragaza ko uwabigiyemo akeneye ubutabazi”.

Ati: “Ntushobora kubona inkuru zivuga ku babana bahuje igitsina, byumwihariko ku bagore babana bahuje igitsina bavuga ukuri ku buzima bwacu”. “Ife yakozwe kugira ngo icyo cyuho kiveho kandi ibiganiro nk’ibi bikomeze gutambuka muri Nigeria”.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND