RFL
Kigali

Madonna agiye gukora filime ivuga ku mateka y’ubuzima bwe muri muzika

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:16/09/2020 15:39
0


Umuhanzikazi Madonna ku bufatanye n’inzu itunganya sinema ya Universal Pictures agiye gukora filime ivuga ku mateka y’ubuzima bwe muri muzika, akaba ari nawe uzayiyobora gusa ntago aratangaza izina ry’iyi filime



Madonna Louise Ciccone w’imyaka 62 y’amavuko uzwi nka Madonna nk’izina ry’ubuhanzi akaba umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo, umukinnyi wa filime ndetse n’umwanditsi w’ibitabo. Uyu mugore ni umwe mu bahanzikazi bakomeye cyane mu njyana ya Pop dore ko yahawe izina ry’umwamikazi w’injyana ya Pop (Queen of Pop) kuva mu myaka 1980s.

Madonna
Madonna ni umuhanzikazi ukomeye mu njyana ya Pop

Uyu mugore arateganya gukora filime ivuga ku mateka y’ubuzima bwe muri muzika. Iyi filime akaba ariwe uzayiyobora, ikazatunganywa n’inzu itunganya sinema ya Universal Pictures. Mu kuyandika azafatanya n’umugore ukomeye mu ruganda rwa Sinema, Diablo Cody wanatsindiye ibihembo bya Oscar mu kwandika filime.

Iyi filime magingo aya ntago iratangazwa izina ryayo ndetse n’igihe izatangira gukinwa. Mu butumwa Madonna aherutse kunyuza ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa kabiri yatangaje ko iyi filime izagaragaramo iby’urugendo rwe yanyuzemo nk’umuhanzi, umunyamuziki, umubyinnyi ndetse nk’umuntu ushaka kwiharurira inzira muri iyi si.

Madonna

Madonna arateganya gukora filime izagaruka ku buzima bwe muri muzika

Madonna yakomeje avuga ko iyi filime izagaruka ku buzima bwe muri muzika gusa. Uyu mugore yavuze ko hari inkuru nyinshi kandi zigisha abantu batazi ndetse ko ntawundi ushobora kuzibabwira uretse we ku giti cye.

Madonna si iyi filime ya mbere agiye kuyobora dore ko yigeze no kuyobora filime yiswe Filth and Wisdom mu mwaka 2008, W.E mu 2011 na Secret Project Revolution mu 2013.  

Src: Rolling Stone & Daily Mail

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND