Ku itariki ya 2 Kamena 2020, umwamikazi Elizabeth II yajuje imyaka 67 ku ngoma. Iyi ngoma y’uyu mwamikazi w’Abongereza ni yo ikomeje gusiga amateka yanditse amateka mu kurama kurusha izindi zayibanjirije. Mangingo aya, umwamikazi Elizabeth afite imyaka 94 y’amavuko.
Mu myaka 67 ishize ni
bwo Arikepiskopi wa Canterbury, Geoffrey Fisher yambitse Alexandra Mary Windsor
ikamba ryitirwe Mutagatifu Edward nuko atangaza ko ari umwamikazi w’Ubwongereza.
Izina ry’ubwamikazi yahawe Elizabeth II. Ku myaka 27, Alexandra Mary Windsor
ari we Elizabeth II ni bwo yatangiye gutwara imbaga y’abantu basaga miriyoni
150 bo mu matware yose y’Abongereza(Ireland y’ Amajyaruguru, Wales, Scotland ndetse n’ibindi bihugu
byahoze mu matware y’ubwami bw’abami bw’Abangereza ubu bibarizwa mur Common
Wealth).
Umwaka
Elizabeth II yagiriye ku ngoma, 1953, wabaye umwaka w’igitangaza mu bijyanye n’itangazamakuru
dore ko umuhango wo kumwimika wafatwaga amashusho na camera 20 z’igitangazamakuru
cy’Abongereza cya BBC. Uyu muhango na none wakurikiwe n’abantu basaga miriyoni
110 ku nsakazamashusho zariho icyo gihe.
Umwamikazi
Elizabeth II nkuko byagarutsweho ruguru ni we uciye agahigo ko ingoma ye
irambye kurusha izindi zayibanjirije. Elizabeth II akagahigo akambuye
nyirakuruza, Victoria wamaze imyaka 63 n’iminsi 217 ku ngoma.
Mu
myaka Elizabeth II amaze ku ngoma, na we ubwe yobonye ingoma 13 z’abashumba ba
Kiriziya Gatorika kuva kuri papa Pius XII kugeza kuri Francisco I. Ku rundi
ruhande iyi myaka amaze ku ngoma na none yabonye ingoma 12 z’abaperezida ba Leta
Zunze Ubumwe z’Amerika; kuva kuri Dwight D. Eisenhower kugeza kuri Donald J. Trump.
Kuva
mu mwaka wa 1953, Elizabeth II yakoranye n’abayobozi ba guverinoma ze 14 kuva
kuri Winston Churchill kugeza kuri Boris Johnson.
TANGA IGITECYEREZO