Muri iyi baruwa Dembe Wayitare Dembe agaruka ku rugendo rwa muzika nyaRwanda avugamo benshi mu barwanye urugamba rwo guteza imbere umuziki nyaRwanda. Muri iyi baruwa avugamo Miss Channel, Miss Jojo, U.T.P soldiers, Rafiki…anagaruka ku matsinda yabyinaga akavugamo na KNC witwaga Golden Boy.
Kayitare Wayitare Dembe ni umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu minsi yo hambere ndetse
uwavuga ko ari mu mpirimbanyi za muzika nyaRwanda ntabwo yaba yibeshye kuko mu
gihe cye byari bigoye ndetse cyane kuko iki gihe umuziki nyaRwanda wari ukiri
mu bisi cyane. Bwana Kayitare mu bitecyerezo bishimira ariko binanenga abahanzi
b'urungano rwe abasaba ko batagakwiye kwitwa abavuye ku rugerero rw’umuziki.
Ese ni iki Kayitare Wayitare Dembe avuga muri iyi baruwa muri rusange?
Soma ibaruwa Kayitare Wayitare Dembe yandikiye abahanzi abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook:
IBARUWA IFUNGUYE NANDIKIYE
ABASANGIRANGENDO MU MUZIKI 'RUNGANO RWANJYE'
Ntangiye mbasuhuza basangirangendo
banjye twaruhanye mu rugamba rwo kuzamura uruhando rwa muzika nyarwanda,
Muraho
murakoma.
Ikinteye
kubandikira rero,ni ukugira ngo tubanze twibukiranye ibihe bitari bitworoheye mu
rugamba rwo kuzamura umuziki nyarwanda aho twari duhanganye n'ibihugu byose byo
muri East Africa ari twe ba nyuma mu muziki, mwibaze n'igihugu cy'u Burundi
cyari kituri imbere aho wasangaga indirimbo zabo ari zo zicurangwa cyane mu
Rwanda.
Nkaba
mbashimira uburyo uru rugamba rwo kuzamura umuziki nyarwanda twarwitwayemo
ndetse bikarangira intego twari twihaye tuyigezeho bituma barumuna bacu mu
muziki baza basanga inzira twaraziharuye, nabo batubereye imfura batera
ikirenge mu cyacu, kugeza ubu umuziki nyarwanda ku mpande zitandukanye ukaba
uhagaze ku rwego rushimishije aho kuri Televiziyo na Radiyo byo mu Rwanda
bicuranga ibihangano by'abana b'u Rwanda kuva kuwa mbere kugeza ku Cyumweru
ndetse umunsi wose. NI BYIZA, yewe twibuke ko icyo gihe hari na RADIO NA
TELEVIZIYO bimwe byose by'Igihugu, ariko ubu ibintu byarahindutse.
Ubu koko
niba twarabuze udukomera amashyi cyangwa ngo tubishimirwe ahubwo tukitwa
INZIMYI, Murihe koko rungano rwanjye ngo tuyikomere.
Ko nzi ko
twese tukiriho tugihumeka umwuka w'abazima, uwatuvuyemo akaba ari Dr. Jack na
nyakwigendera Minani Rwema na Christophe Matata watugiraga inama nka mukuru
wacu, abandi muri he ko mwabuze mu gihe ibyo twabibye byari bigeze mugihe
cy'isarura?!
Ese mwaba
mwaratinye ISHYAMBA? kandi nzi ko iryo twagiye ducamo ari ryo ryari iry'inzitane
ririmo amahwa menshi, imihanda idaharuye, ubukene bukabije n’ibindi byari
imbogamizi kuri twebwe.
Ni iki
cyabateye guteshuka ku ntego mukantererana ku rugamba rwa Muzika nkisanga ndi
Njyenyine mu mihanda ya NYAMIRAMBO, Reka mbagaye ntimwambereye imfura kuko
abenshi muri mwe nta wansezeye!! Na MAHONIBONI Ishumi yanjye koko!!!
Ndibuka Big
Dom, twimanukira mu GISHWI CY'IKIBINDA no kuri Mirongo Ine abatubona bati
'Abasore barahise',Erega Miss Shanel yabaga ari hafi aho KIMISAGARA ati
'NDAROTA', MAKONIKOSHWA nawe ati 'NSEKERA NSEKERA KA GASEKO', RAFIKI nawe
aza aturutse mu MAJARUGURU ati 'IGIPENDE', tukiri aho abana b'i GIKONDO nabo baba
baraje ari bo KGB bati 'UYU MUKOBWA ARASHARAMYE'.
Si abo gusa
kuko n'itsinda ry'abasore b'igikundiro bo mu GATENGA nabo baje bagira bati
'MUVE KU MIHANDA' abo ni FAMILY SQUARD, Erega Imforamuheto zari nyinshi, tukiri
aho Miss Jojo nawe akiri muri Kaminuza nkuru y'u Rwanda aba aje nk'iya Gatera
ati 'MBWIRA', nibwo yahasanze mukuru we VICTOIRE agira ati 'NZARWAMBARA KU
MANYWA NIJORO NDWIYOROSE', Erega sinibagiwe VD FRANK nawe waje agira ati 'NIBA
UDAFITE INOTE REKA GUTERETA', Erega umusazi arasara akagwa ku ijambo!! MAN
CHARLES ati INDAYA MURAHO! MUBYO NZANYE NZANYE N'INKONI, Ubwo ibintu biba
birashyushye.
JUNIOR waririmbye 'TUMUTORE' twari dutangiye kumubura, ubwo MASAMBA na muzehe MAKANYAGA NDETSE na Natty Dready, ibintu biba birabacanze bati 'ABASORE B'INTARUMIKWA BAJE', MASAMBA ati 'Eeehh burya ni wowe KAYITARE ntabwo nari nkuzi', NATTY DREAD nawe ati 'Eeehhh, Kayita Burya uri Rasta, nagiye i Musanze barakumbaza', MAKANYAGA nawe ati 'Eeehh, Kayita nkuheruka uri akana uri inshuti y'umuhungu wanjye Shinan';
Nanjye ndabasubiza mu byubahiro byabo nti 'NDABUBAHA BASAZA', tukiri muri ibyo tubona umuntu ushushanyijeho amahembe mu buryo bw'umwuka, ubwo tubonye ibikubara afite turavuga duti 'Uyu muntu hari igihe azambara amahembe ku Rubyiniriro', aba aje agira ati 'ABASORE BO MU MUJYI TUJYE KURAMBAGIZA MU CYARO' ubwo uwo ni ERIC SENDERI. Rungano burya ubuhanuzi bwasoje mudahari!! Kuko kera kabaye yaje koko kwambara AMAHEMBE.
Uhm, ubwo
tukiri aho twari turi mu mandazi twivunagura twigora duhanga tutaramenya ijambo
GUSHISHURA, abasore rwose b'INTITI baba baje bagira bati 'SESIRIYA URAMBABAJE'
ari bo THE BROTHERS, Ariko icyo gihe bakora iyi ndirimbo twayishidikanyijeho
kuko twumvaga ifitanye isano neza n'indi y'abanyamahanga yagiraga iti 'Cecilia
You Break My Heart', Ubwo umunyamakuru nawe umuntu yavuga ko yari asaziye mu
kibuga cy'Imyidagaduro ari we ADAMS ati 'GUSHISHURA', Natwe tuti 'burya se bya
bintu birashoboka?'.
Ubwo rero
inkundura yo GUSHISHURA iba itangiye utyo, nyuma twumva haje izindi nsoresore
zaje ziyita U.T.P SODJA zari zigizwe na RIDERMAN, NEG G THE GENERAL NA M.M nazo
ziza muri Style yo GUSHISHURA abanyamahanga bati 'ABAMI BA CRANK', nyuma Amabuye
aba atangiye mu MATOPITO.
Erega
ntaribagirwa hari undi waje aducanga aza yambaye IBIKWASI ari we KNC wiyitaga
GOLDEN BOY ati 'MAMBO NI SAWA', Ibintu ntibyari byoroshye umuntu twari tuzi
nk'umubyinnyi no kwanima 'MC' neza muri CLUB ati 'NTIBAKUBESHYE NGO
NTUZAGARUKA, GENDA NI AMAGAMBO YABO' uwo ni UNCLE AUSTIN.
Tukiri ku
nkundura yo GUSHISHURA, tuba twumvishe uwitwa ngo FULGENCE agira ati 'NGWINO
UNYEGERE' bitewe n'uburyo twari tumaze kumenya kata y'abanebwe barimo kwica
umwimerere w'indirimbo nyarwanda dusanga nayo ni INSHISHWA y'indirimbo
y'Umuhanzi wo mu bihugu by'Abarabu yitwaga 'RAMBADINA', Ubwo Dr. Jack aba
yimitswe nk'umwami w'ibishishwa, nyuma uyu nyakwigendera Dr. JACK aba agiye mu
BURUNDI maze LICK LICK aba abaye umuzungura W'IBISHISHWA, si ukubashishurira
yimarayo ndetse ISHYAMBA ariteza imbere ,ngaho ngo ABAKIMAZE ngiyo ngo TUFF GANG
n'abandi ntarondora.
Dusubiye
inyuma gato ntabwo twakwibagirwa umusanzu w'abasore b'ababyinnyi biyitaga 'BAD
BOYS, GOOD GUYS, SMART GUYS n'abandi'. GOOD GUYS na BAD BOYS bakaba baragize
uruhare runini rwo gushimisha abanyarwanda, kuko ndibuka icyitwaga CONCOUR DE
DANCE cyaberaga kuri STADE AMAHORO ko bayuzuzaga kwinjira byabaga ari 100 Frw ari
naho umuhanzi witwa ALAIN MUKURALINDA yigaragarije aho yaje agira ati
'MUREKATETE TETERO RY'ABATO' mu mashusho y'iyi ndirimbo akaba yarabyiniwemo
n'imwe muri aya navuze.
Uhm!! Ntimwumva
ko tukiri mu babyinnyi!! nyuma abasore bagize itsinda ry'ababyinnyi rya GOOG
GUYS, nibwo banyegereye bati 'Musaza, tumaze kuba abagabo, ntitugishaka kwitwa
ababyinnyi dushaka kuba abahanzi', tuba dukoranye BOLINGO ariko ndababwira nti
'MWIRINDE KUYOYOMA MWA BANA MWE', hari uko ntagize koko..!!?
Hari
n'abanyamahanga babigizemo uruhare, ari bo Academia Muzika na Tolerance Muzika, aba
bose bakaba baraje biyomoye kuri INGENZI INTERNATIONAL ya MIHIGO SHUSHU.
AHWI!! Mbega
urugendo.
Mwa Mfura
mwe rungano twagendanye muri TUWUKATE yategurwaga na MAGGY, Ese mwarabimenye
ubundi ko Maggy yitabye Imana? Imana imuhe iruhuko ridashira!! muri he koko ko
mbakumbuye. Ndibuka haje aba Manager tuti ubu noneho ikibazo cy'amikoro
kirakemutse, haza Aba Promoters nabwo tuti 'Ubu ntakuvunika ibihangano bigiye
kuzajya bimenyekana mu buryo bwihuse kandi butavunanye'.
Tukiri aho
haba haje VIRUS yitwa ngo ISHYAMBA, riza mu matwi yacu ari rishya, rikurikizwa
amagambo y'amacantege y'urwiyerurutso arimo kunenga IBIHANGANO BYACU bati
'Indirimbo ntikoze neza, amajwi yayo ari hasi.....'biba bitubereye amayobera, ndibaza
ari naho buri wese yagiye agenda anyonyomba adasezeye nshiduka nsigaye ndi
NYAKAMWE mu rungano, ibaze ko no mu bindi bintu byambabaje ari MANI MARTIN
mperuka guhura nawe akabwira ko agiye kuva mu MUZIKI, maze ndamubaza nti
'Kuberi iki' nawe aransubiza ati 'ISHYAMBA NTIRYOROSHYE' nanjye ndongera
ndamubwira nti 'UMWANA W'EJO BUNDI KOKO! MARTIN KOMEZA HATANA URI UMUHANGA'.
Rungano rero
iyi ikaba yari ibaruwa ifunguye narimbandikiye mbibutsa ibihe bitari
bitworoheye twanyuzemo kugira ngo umuziki nyarwanda ube ugeze ku rwego uriho ubu,
kuko ni twe twabigizemo uruhare rukomeye bityo bituma barumuna bacu mu muziki
baza basanga inzira twaraziharuye, kuko rwari urugamba rukomeye kugira ngo
twemeze umunyarwanda ko agomba kumva ko umuhanzi nyarwanda nawe ashoboye
kurusha LOLILO Na BIG FIZZO tutibagiwe na Mr NICE ndetse na JOSE
CHAMELEONE, KOFFI OLOMIDE ntibagiwe na NAMELESS.
Nkaba nsoje
mbifuriza kugira ubuzima bwiza no guhirwa mu byo mwagiyemo gusa munasubiza amaso
inyuma mukibuka icyatumye muba abo muri bo ubu, nanjye munyibuka
nk'umusangirangendo mwasize ku rugamba mwe mutabashije kwihanganira mugahitamo
kwitwa abavuye ku Rugerero rw'Umuziki. NDACYABUBAHA KANDI NZAHORA MBUBAHA.
Yari
ubakunda kandi uhora abazirikana nk'ABANYABIGWI b'umuziki Nyarwanda KAYITARE
WAYITARE DEMBE.”
REBA INDIRIMBO NSHYA 'SLAY QUEEN' YA KAYITARE WAYITARE DEMBE
TANGA IGITECYEREZO