Akenshi na kenshi dukunze kwibaza ku ruhererekane rw’amasano mu muryango nyarwanda ugasanga turimo tubyitiranya, akaba ariho haturuka ikibazo cy’ingutu gisigaye kigonga benshi mu rubyiruko rw'iyi minsi cyo kumenya uwo mushobora kubakana urugo.
Uko iminsi ishira indi igataha ni ko indimi z’amahanga zikomeza
kwinjira iwacu aho usanga umuntu usobanutse aba ari uzi kuzivuga neza mu bo
bari kumwe. Ibi rero birimo bigenda bituma amasano ya Kinyarwanda agenda azimira
buhoro buhoro kubera ababyeyi batagitoza abana kuyamenya ahubwo bimirije imbere
ko bamenya ayo mu ndimi z’imahanga.
Ubusanzwe mu muco nyarwanda umwana yakuraga azi amasano
n’abo mu muryango akomokamo bikamufasha kumenya uko yitwara kuri buri wese,
ibyo aziririjwe kumukorera n’ibindi. Ariko muri iyi minsi bisa n’ibyahindutse
kubera kwimiriza imbere cyane indimi za ba kavamahanga aho usigaye usanga umwana
aho kwita umuntu ‘Mama wacu’ abana bamwita Tante cyangwa Aunt, mubyara wawe
ngo ni ‘Cousin’ n’ibindi.
Mu muco nyarwanda habamo ubwoko bubiri bw’amasano, aya bugufi n’aya kure. Akenshi ahabwa umwanya ukomeye ni aya bugufi n'ubwo hari n’aho aya kure yarebwagaho cyane. Muri uyu mwanya tugiye kubavira imuzi tubagerere imuzingo amasano agize Umuryango nyarwanda
#Amasano ya bugufi:
1. Data: Ni
umubyeyi wanjye w’Umugabo
2. Mama: Ni
umubyeyi wanjye w’umugore
3. Mama wacu: Ni
umuvandimwe wa Mama w’igitsina-gore. Iyi sano ishobora kugera no kwa ba Se wabo
wa Mama.
4. Data wacu: Ni
umuvandimwe wa Data w’igitsina-gabo. Iyi sano ishobora kugera no ku kwa ba Se
wabo wa Data.
5. Masenge: Ni
umuvandimwe wa Data w’Igitsina-gore (Mushiki wa Data). Iyi sano ishobora kugera
no kwa ba Se wabo wa Data.
6. Marume: Ni
umuvandimwe wa Mama w’igitsina-gabo (Musaza wa Mama). Iyi sano ishobora kugera
no kwa ba Se wabo wa Mama.
7. Sogokuru: Ni
umubyeyi w’igitsina-gabo ubyara Data cyangwa se Mama.Iyi sano ishobora kugera
no ku bavukana na we kugera no kwa ba Se wabo.
8. Nyogokuru: Ni
umubyeyi w’igitsina-gore ubyara Data cyangwa se Mama. Iyi sano ishobora kugera
no ku bavukana na we kugera no kwa ba Se wabo.
9. Mushiki wanjye:
Ni uwo tuvukana duhuje ababyeyi bombi w’igitsina-gore, ashobora no kuba avuka
ku mwihariko wa Mama cyangwa se wa Data, ni ukuvuga tudasangiye ababyeyi
bombi. Undi ushobora guhabwa iyo sano, ni uw’igitsina-gore ukomoka ku bavandimwe
ba Mama b’igitsina-gore cyangwa se abavandimwe ba Data b’igitsina-gabo.
10. Musaza wanjye:
Ni uwo tuvukana duhuje ababyeyi bombi w’igitsina-gabo, ashobora no kuba avuka
ku mwihariko wa Mama cyangwa se wa Data, ni ukuvuga tudasangiye ababyeyi
bombi. Undi ushobora guhabwa iyo sano, ni uw’igitsina-gabo ukomoka ku bavandimwe
ba Mama b’igitsina-gore cyangwa se abavandimwe ba Data b’igitsina-gabo.
11. Murumuna wanjye:
Ni uwo tuvukana duhuje ababyeyi bombi ariko muruta ubukuru, ashobora no kuba
avuka ku mwihariko wa Mama cyangwa se wa Data, ni ukuvuga tudasangiye ababyeyi
bombi. Undi ushobora guhabwa iyo sano, ni uw’igitsina-gabo ukomoka ku bavandimwe
ba Mama b’igitsina-gore cyangwa se abavandimwe ba Data b’igitsina-gabo ariko
muruta ubukuru, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo).
12. Mukuru wanjye:
Ni uwo tuvukana duhuje ababyeyi bombi, ashobora no kuba avuka ku mwihariko wa
Mama cyangwa se wa Data, ni ukuvuga tudasangiye ababyeyi bombi. Undi ushobora
guhabwa iyo sano, ni uw’igitsina-gabo ukomoka ku bavandimwe ba Mama
b’igitsina-gore cyangwa se abavandimwe ba Data b’igitsina-gabo ariko anduta
ubukuru, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo). Iyo Sano ikoreshwa
kandi ku bakomoka kwa Data wacu cyangwa se kwa Mama wacu, iyi nyito ikoreshwa
ku bitsina byombi (gore na gabo),.
13. Mukuru wanjye wo
kwa Mama wacu: Ni umuvandimwe unduta ubukuru, ariko akomoka kwa kwa Mama
wacu, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo).
14. Mukuru wanjye wo
kwa Data wacu: Ni umuvandimwe nduta ubukuru, ariko akomoka kwa kwa Data
wacu, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo).
15. Murumuna wanjye
wo kwa Mama wacu: Ni umuvandimwe nduta ubukuru, ariko akomoka kwa kwa Mama
wacu, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo).
16. Murumuna wanjye
wo kwa Data wacu: Ni umuvandimwe nduta ubukuru, ariko akomoka kwa kwa Data
wacu, iyi nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gore na gabo).
17. Umwishywa: Ni
Umwana wa Mushiki wawe. Iyi sano ishobora no kugera kuri bashiki bawe bo mwa So
wanyu cyangwa kwa Nyoko wanyu.
#Amasano ya
kure-Kuziguye
18. Muramu wawe: Ni umuvandimwe w’umugore wawe, iyi
nyito ikoreshwa ku bitsina byombi (gabo na gore). Iyi sano ishobora kugera no
kwa ba Se wabo w’umugore wawe. Iyi sano kandi aba ayifitanye n’abo muva inda
imwe bose b’ibitsina byombi.
19. Muramukazi wawe: Ni umuntu w’igitsina
–gore uva inda imwe n’umugabo wawe, iyi nyito ikoreshwa ku gitsina gore gusa.
Iyi sano ishobora kugera no kwa ba Se wabo w’umugabo wawe. Iyi sano kandi aba
ayifitanye n’abo muva inda imwe bose b’ibitsina byombi.
20 Mubyara wawe: Ni umukobwa cyangwa se umuhungu
uvuka kwa Nyokorome cyangwa se kwa Nyogosenge. Iyo sano ishobora no kugera ku
bisanira byo kwa ba Se wabo wa Nyokorome cyangwa se cyangwa wa Nyogosenge.
#Amasano ya kure kutaziguye
21. Umwinjira: Ni umugabo wa Nyoko yashatse nyuma y’urupfu rwa So, ariko akamutungira mu rugo rwa So. Ariko iyo ashatse
Nyoko akamujyana iwe mu buryo bwemewe n’amategeko, aba yitwa umugabo we, ntaba
akitwa umwinjra. Icyo gihe abana babyaranye bose aba ari abavandimwe bawe, musangiye
amaraso ya Nyoko.
22. Mukeba wa Nyoko: Ni umugore w’undi wa So
cyangwa se uwo babyaranye. Abana abyaye baba bafitanye isano ya hafi na we. Iyi
sano na none igera no ku bagore ba Baramu bawe.
23. Musanzire wa So: Ni umuntu w’igitsina gabo
washatse mu muryango umwe na So (agashaka Nyoko wanyu), muri make abagore babo
bavukana. Bakunze no kubita “Abendahamwe”. Abana bamuvutseho muba mufitanye isano
ya bugufi.
24. Mukaso: Ni umugore wa Kabiri wa Data, ashobora
kuba yaramushatse Mama yaratabarutse cyangwa se akiriho. Icyo gihe abana
babyaranye bose baba ari abavandimwe banjye, dusangiye amaraso ya Data.
25. Sobukwe: Ni umugabo ubyara uwo
mwashakanye, iyi nyito ikoreshwa n’ibitsina byombi. Iyi Sano irakomeza ikazagera
no ku bo bavukana no ku bo bava inda imwe kwa Se wabo.
26. Nyokobukwe: Ni umugore ubyara uwo
mwashakanye, iyi nyito ikoreshwa n’ibitsina byombi. Iyi Sano irakomeza ikazagera
no ku bo bavukana no kubo bava inda imwe kwa Se wabo.
27. Umukwe: Ni umugabo washatse umukobwa
wawe. Iyi Sano irakomeza ikagera no ku bo bavukana ndetse ikazagera no
ku bashatse n’abakobwa ubereye Se wabo cyangwa Nyina wabo.
28. Umukazana: Ni umugore washatswe n’umuhungu
wawe. Iyi Sano irakomeza ikagera no ku bo bavukana ndetse ikazagera no
ku bashatswe n’abagabo ubereye Se wabo cyangwa Nyina wabo.
N.B: Abo mwashakana
n’abo mutashakana
Ukurikije uruhererekane twagaragaje haruguru rw’amasano
y’Abanyarwanda, abatagomba gushakana ni ababoneka mu gice cya mbere twise: ”Amasano
ya bugufi” kuko baba bafitanye amaraso ya hafi. Icyo gihe iyo babirenzeho babyara abana batuzuye cyangwa se b’ibimara.
Abandi batashakana ni abari mu cyiciro cya kabiri twise “Amasano ya kure kutaziguye” ariko nabwo agace kamwe, karimo ba Sobukwe, ba Nyokobukwe, Umukwe n’Umukazana. Ariko hakaba n’akandi gace karimo abashobora gushakana. Abo twavuga ni nk’abo muva inda imwe, bashobora gushakana n’abava inda imwe na Sobukwe cyangwa se Nyokobukwe, n’ubwo nabo baba yitwa Sobukwe cyangwa se ba Nyokobukwe nk’uko twabibonye.
Abandi bashobora gushakana, ni
abava inda imwe na we, bashobora gushakana n’abava inda imwe n’umukwe wawe
cyangwa se umukazana wawe, nubwo nabo isano igaragaza ko baba ari abakazana
n’Abakwe babo. Ushobora kudashaka mukaso cyangwa se ngo mubyarane, ariko uwo
bava indimwe mwashakana.
Birabujijwe gushakana n’umwinjira wa Nyoko, ariko uwo bava
inda imwe mwashakana. Birabujijwe gushakana na Mukeba wa Nyoko, ariko uwo bava
inda imwe mwashakana. Birabujijwe gushakana na Musanzire wa So, ariko uwo bava
inda imwe (ibitsina byombi) mwashakana.
Abo mu kindi gice gishobora gushakana mu buryo bwisanzuye
ni ikiboneka mu gice twise “Amasano ya kure kuziguye” nabo burya bashobora
gushakana, kuko nta maraso ya bugufi baba bafitanye. Ababyara barabyarana, Abaramu
bagashakana.
Src: .wikirwanda.org
TANGA IGITECYEREZO