RFL
Kigali

Arnold Spielberg wagize uruhare rukomeye mu ikoranabuhanga yitabye Imana ku myaka 103

Yanditswe na: Uwera Ange
Taliki:26/08/2020 17:21
0


Arnold Spielberg w’imyaka 103, yapfuye ku munsi wo ku wa Kabiri tariki 25 Kanama 2020, aguye mu mujyi wa Los Angeles. Uyu mukambwe akaba yaramamaye cyane mu guteza imbere ibikorwa by’ikoranabuhanga.



Spielberg yavutse tariki 6 Gashyantare umwaka w’i 1917. Yabonye impamyabumenyi ya enjeniyeri mu by’amashanyarazi. Mbere yo kuyibona yabanje kuba umuyobozi wa radio ushinzwe itumanaho muri '490th  Bomb Squadron' mu ntambara ya kabiri y’isi.

Yabaye kandi umuhanga mu gukora mudasobwa aho yafashaga mu gukora mudasobwa ya GE-225, iyi ikaba ariyo yatumye habaho mudasobwa bwite umuntu ashobora gutunga ku giti cye. 

Mu mwaka wa 2012, Arnold yahawe igihembo na USC Shoah Foundation Institute kuko yari yarakoze uburyo bwakoreshwaga mu kubika ubuhamya bw’abantu ibihumbi barokotse itsembabwoko. Iyi Shoah Foundation ikaba yarashinzwe na Steven Spielberg umuhungu wa Arnold Spielberg.

Arnold akaba apfuye asize abana 4, abuzukuru 11 n’abuzukuruza 8. Steven Spielberg w’imyaka 73 akaba umuhungu wa Arnold Spielberg, yatangaje ko aterwa ishema n’umubyeyi we, aho yagize ati: ”Iyo mbonye PlayStation, iyo ndebye kuri telephone ngendanwa, kuva kuri calculatrice ntoya kugera kuri iPad, ndeba papa nkavuga nti 'Data, n’itsinda ry’abanyabwenge ni bo bakoze ibi'”.

Steven na bashiki be batatu, Anne, Nancy na Sue mu magambo yabo, bavuze ko se yabigishije; gukunda ubushakashatsi, kwagura ibitekerezo byabo no gufata umwanya wo gutekereza uburyo bwo kuzamuka cyangwa se gutera imbere cyane.

Steven avuga ko kandi se yamufashije cyane kugira ngo filime ya mbere yigeze gukora afite imyaka 17 yiswe 'Firelight' ibashe kwerekanwa mu nzu yerekanaga ama filime, aha hari mu mwaka w’i 1964. Akomeza avuga ko ibyabaye kuri se mu ntambara ya kabiri y’isi byamuteye kuyobora 'Saving Private Ryan'.


Arnold Spielberg se wa Steven Spielberg, yitabye Imana ku myaka 103
 

Src:Fox News.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND