RFL
Kigali

China: Umuturage bamwubakiyeho ikiraro ku nzu ye nyuma y'imyaka 10 yanze ingurane yahawe n'ubuyobozi

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:8/08/2020 14:02
0


Mu gihugu cy’u Bushinwa haravugwa inkuru y’umuturage wanze ingurane leta yamuhaga ngo yimuke aho atuye hubakwe ikiraro, nyuma ubuyobozi bugafata icyemezo cyo kubaka ikiraro ku nzu ye.



Ubuyobozi bw’umujyi wa Guangzhou mu Bushinwa bwafashe icyemezo cyo kubaka ikiraro cyinyurwaho n’ibinyabiziga ku nzu y’umuturage nyuma y’uko uyu muturage ahawe inguranye akayanga mu gihe cyingana n’imyaka 10 yose.

Nail house

Mu mashusho aherutse gusohorwa na kimwe mu gitangazamakuru mu mujyi wa Guangzhou mu ntara ya Guandong yerekanaga ikiraro gishya giherutse kubakwa cy’inyurwaho n’ibinyabiziga, aho cyubatswe inzu nto y’umuturage iri hagati y’ibice bibiri bigize icyi kiraro.

Nail house
Motorway home

Iyi nzu nto iri ku buso bwa metero kare 40, nyiri nzu witwa Liang avuga ko yanze kwimuka aha nyuma y’uko ubuyobozi bwananiwe kumuha ingurane yasabaga. Uyu muturage ibiganiro yagiranye n’ubuyobozi asaba ingurane ngo byari bimaze imyaka igera ku 10.

Nyuma y’uko ubuyobozi bunaniranwe kumvikana n’uyu muturage ku ngurane, bwafashe icyemezo cyo kubaka icyi kiraro ku mpande z’iyi nzu. Uyu muturage nyuma yo kumwubakiraho ikiraro cy’inyurwaho n’ibinyabiziga yavuze ko nta mpungenge atewe n’ingaruka zishobora kumubaho kandi ko atitaye ku byo abantu bamuvugaho.

Yakomeje kuvuga ko aha hantu atuye abantu batekereza ko haciriritse ariko we ahabona nk’ahantu hatuje, ahantu yumva abohots, hamushimishije ndetse yumva atekanye.

Amakuru avuga ko uyu mu mugore Liang yasabaga ubuyobozi inzu igizwe n’ibyumba bine ariko ubuyobozi bukamubwira ko buzamuha iy’ibyumba bibiri gusa. Andi makuru yavugaga ko leta yahaye uyu mugore inzu mu gace gatuwe, aho iyo nzu yagombaga guhabwa yari kuba yegeranye n’inzu bashyiramo imirambo (morge) ngo iyi ikaba ariyo mpamvu yanze kujya gutura aha yari yahawe inzu.

Amashusho agaragaza iyi nzu amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga mu bushinwa. Kuri icyi kiraro kandi hagaragaye imbaga y’abantu bazaga gufotora iyi nzu banafata amashusho, aho bamwe bari batangajwe n’ahantu iyi nzu yubatse.

Uyu muturage witwa Liang bivugwa ko ariwe wenyine wari usigaye utuye aha hantu, dore ko abantu bari batuye aha bagera kuri 47 harimo n’inzu z’ubucuruzi bose bari barimuwe muri Nzeri umwaka ushize. Mu kubimura leta ivuga ko yabahaye ingurane zitandukanye harimo n’amafaranga ariko uyu Liang byose arabyanga yanga kwimuka.

Guangzhou

Mu kubaka iki kiraro leta ivuga ko abenjeniyeri babanje gukora inyigo y’uko cyakubakwa bidahungabanyije inzu y’uyu muturage . Leta ivuga ko izakomeza ibiganiro n’uyu muturage bareba uko bakumvikana maze akimurwa aha hantu.

Src: Daily Mail






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND