RFL
Kigali

Ntibisanzwe! Umugore arimo gushaka umugabo mwiza wamuha intanga zizatuma abyara umwana mwiza kuko umugabo asanganywe ari mubi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:7/08/2020 16:07
0


Umugore yagerageje gusobanurira umugabo we ufite isura mbi amubwira ko bikwiye ko yashaka umugabo mwiza umuha intanga bityo akazabasha kubyara umwana mwiza kuko uwo mwana naba mwiza bizamufasha kuba mu buzima bworoshye kandi bwiza.



Uyu mugore yasabye umugabo we kumuha uburenganzira agasaba intanga umugabo w’inshuti y’uyu muryango kuko ari mwiza ariko kandi ngo yajyaga aryamana n’uyu mugore inshuro nyinshi umugabo atabizi.

Uyu mugabo bita mubi yafashe umwanzuro wo gushyira iyi nkuru ku mbuga nkoranyambaga kuko atifuza kubibwira inshuti n’abavandimwe bitewe n’uko byamutera ipfunwe.

Ariko afite ikibazo cy’uko umugore ari kumusaba uburenganzira ngo ajye gusaba intanga ahandi kugirango azabyare umwana mwiza kuko umugabo we ari mubi.

Uyu mugabo ati umugore yarambwiye ati: "Niba umwana afite ingirabuzimafatizo z'umugabo udasanzwe kandi ufite ubwenge ndetse mwiza, azabaho mu buzima bworoshye kandi yishimye".

Uyu mugabo watengushywe, arinubira ko umugore we atamubona nk’umukunzi mwiza ushimishije ndetse wamubera se w’abana , gusa yemera ko abantu "babi" baba bafite ingorane zikomeye.

Gusa umugabo yaje kwemera ko umugore akora ibyo yifuza ariko aza kuvumbura ko umugabo ashakaho intanga yari asanzwe aryamana n’umugore we imyaka 3 yose kandi umugabo atabizi.

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND