RFL
Kigali

Uwahoze ari umwami wa Spain, Juan Carlos yaba agiye kuva mu gihugu cye kubera ruswa?

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:4/08/2020 8:35
0


Kuri uyu wa Mbere ni bwo ibiro by’ ingoro y’umwami muri Spain byemeje ko uwahoze ari umwami w’iki gihugu agiye kukivamo akajya kuba mu kindi. Impamvu nyamukuru iteye Juan Carlos kuva mu gihugu cye ni iperereza riri kumukorwaho kubera icyaha akekwaho cya ruswa.



Juan Carlos w’imyaka 82 y’amavuko mu rwandiko yandikiye umuhungu we uri ku ngoma, Filip VI, yatangaje ko ari iby’akababaro kuba agiye kuva mu gihugu cye. Juan Carlos yavuye ku ngoma mu mwaka wa 2014 nyuma yaho umukwe we atangiye gukurikiranwaho ibyaha bijyanye na ruswa. Indi ngingo yatumye asiga inkoni y’ubutware kubera agahinda aburage be batishimiye ukuntu we n’umwamikazi we bagiye guhiga inzovu muri Botswana bikabatwara akayabo, nyamara mu igihugu cyabo cyari mu bihe bibi by’ihungabana ry’ubukungu mu mwaka wa 2012.

Muri uyu mwaka amaperereza yarakomeje ubushinjacyaha bugira ngo bucukumbure byimazeyo ku cyaha uwahoze ari umwami, Juan Carlos akekwaho cyo kwakira bitugukwaha. Uyu mukambwe icyaha akurikiranweho ni icyo kuba yarakiriye ruswa ubwo imwe mu masosiyete yo muri Spain yatsindiraga isoko ryo kuzubaka umuhanga wa gariyamoshi uhuza Mecca na Medina.(Saudi Arabia).

Amasezerano Iyi sosiyete yo muri Spain yagiranye n’igihugu cya Saudi Arabia abarirwa biriyonii zikabakaba €7.

Kuba yari akiri mu gihugu, Juan Carlos nk’umwami icyuye igihe yaragfite ubudahangarwa bwo gukurikiranwa n’ubutabera. Juan Carlos yatangaje na none ko mu bimuteye kuva mu gihugu ari ukugira ngo yorohereze ubutabera dore ko naramuka ajya mu kindi gihugu Bizaba byorohereje izi nzego z’ubutabera.

Umwami uri ku ngoma, Filipe VI yanze kuragwa imwe mu mitungo ya se kubera kutizera ko ntaho ihuriye n’ibyo se aregwa. Usibye ubudahangarwa, ibiro by’umwami byatangaje ko uyu mwami ucyuye igihe atazongera no guhabwa agahimbazamushyi ka ibihumbi bikabakaba  €200 yahabwaga ku mwaka.

Urukiko rw’ikirenga ku ruhande rwarwo rwatangaje ko imbere y’amategeko abaturage b’ iki gihugu bose bangana. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND