RFL
Kigali

Abagabo: Imyitwarire 12 y’umugore udakwiye gukomeza kwihambiraho

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:28/07/2020 23:27
0


Hari abantu bashakana kubana neza bikaba ikibazo. Usanga bahora bashyamiranye ntagihe bahana agahenge biturutse ku mico y’umwe muri bo.



Akenshi rero iyo ibyo bibaye hari abahitamo kuguma kwihambira kuri uwo mubano batewe ipfunwe n’uko rubanda ruzavuga igihe ruzaba rubonye bashwanye. Ibi akenshi bigira ingaruka zirimo no kuba mushobora kwicana kubera kunanirwa gufata umwanzuro wo guhana umwanya ngo buri wese yitekerezeho.

Niba umugore mubana agaragaza iyi myitwarire, muhe akanya mwembi mwitekerezeho mubone kongera kubana.

1. Umugore uhora akunze guhangana nawe, agashyira imbere imirwano muhe akanya abanze atekereze icyo gukora nyuma uzamubaze niba bishoboka ko mukomeza kubana.

2. Umugore uhora mu magambo y’ibihuha, umwe uzasanga ahora mu gakungu k’abandi bavugavuga. Uyu ashobora kugushyira mu byago bitewe n’amagambo yavuze cyangwa akagutera guhorana ipfunwe kubera ko yabaye kimomo mu rusisiro. Muganirize nibyanga umuhe akanya ko kwitekerezaho.

3. Umugore uterwa ipfunwe n’uko hari uwabona ko uri umugabo we. Umwe udashobora no gutunga cyangwa ngo apositinge ifoto yawe ngo hatagira uyibona. Uriya aba akuryarya afite ibindi ashyize imbere.

 

4. Umugore utazigera akunda ibintu biciriritse, umwe uzakenera ibihenze cyane gusa ibindi ntabyikoze. Uriya yazakumaraho ibyawe byose akagusiga mu bukene ugasigara usabiriza we ntacyo biba bimubwiye kuko iyo bishize ajya gushaka aho bikiri byinshi.

5. Umugore utabasha kugenzura no kwifashisha bike ubasha kumuha, akakwereka ko bidahagije ndetse nta na gito byakora atabanje no kugerageza ngo byange nyuma. Uyu ukwiye kumuha umwanya akamenya icyo gukora.

6. Umugore udashobora ku gutega amatwi, uhora yazamuye ijwi imbere yawe. Akeneye ibiganiro byisumbuyeho byaba ngombwa agahabwa n’umwanya wo kuganira na banyirasenge akamenya uko umugabo aganirizwa.

7. Umugore uzafata aguca inyuma. Uyu biba bigoye kumenya impamvu yabimuteye ariko nusanga ntaruhare ubifitemo uzamuhe umwanya wo kubanza kwigenzura no kwimenya.

8. Umugore uzatinyuka kugukubita urushyi mubana. Uyu mugore akeneye kumenya uko amakimbirane akemurwa, uko umugabo yubahwa n’ibindi bijyanye n’umuco. Muhe akanya ababyeyi n’abavandimwe bamuganirize.

9. Umugore utinyuka kugusebya cyangwa kugutonganyiriza mu ruhame. Uyu aba agifite byinshi byo kwiga ndetse haba hari n’izindi ngeso zirenze izo aba atarakugaragariza. Umubano wawe nawe uba ugoye.

10. Umugore ugufata nabi, udashobora kumenya inshingano ze. Wa mugore ushobora kwanga kukumesera ntampamvu, ahubwo kubera kugusiganya , umwe udashobora kugutegurira ifunguro yishimye ngo ni uko uhari nawe wakabaye ubikora, uyu kubana nawe biragoye. Ntukwiye kwizirikana nawe kuko byazagira izindi ngaruka zikomeye.

11. Umugore utinyuka gutuka ababyeyi bawe uhari. Umwe uzakwereka ko uri umunyantegenke nkabo, umwe utazatinya kurwana na nyirabukwe ureba, kubana nawe byazakuzanira ingaruka zikomeye zirenze izo ubona icyo gihe.

12. Umugore uzakunda amafaranga yawe kuruta wowe ubwawe, uzamenye ko nta rukundo kandi burya kubana bisaba kuba hari urukundo ibindi bikaba inyongera.

 

Muri iyi minsi hari kumvikana impfu nyinshi hagati y’abashakanye aho usanga inyinshi zituruka ku kuba hari ibyo umwe atabasha kwihanganira akaguma kwizirika kuri mugenzi we bikarangira bicanye. Ni byiza ko niba uwo mubana afite imico udashoboye kwihanganira umureka, ukamuha ababyeyi, inshuti n’abavandimwe bakamuganiriza nawe akaboneraho umwanya wo kwitekerezaho. Iyo ari uwo guhinduka arahinduka.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND