RFL
Kigali

Icyerekezo cya Niyonsenga Denis umuramyi wiyemeje kuririmbira Imana abinyujije mu njyana ya Pop na Rap

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:12/07/2020 14:18
0


Umuhanzi Niyonsenga Denis ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana azanye injyana nshya ikomatanya Pop na Rap mu rwego rwo kurushaho gusakaza ubutumwa bwiza bukubiye mu ndirimbo ze mu buryo bw’umwimerere.



Kimwe  n’abandi bahanzi benshi bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana  Niyonsenga Danis nawe yatangiye kuririmba akiri muto dore ko ku myaka 8 yatangiye kuririmba muri korari y’abana nyuma aza gukomereza muri korali nkuru yitwa  Jerusalem aho yari umucuranzi wa gitari.

Mu mwaka wa 2017 Denis yatangiye kwiyumvamo umuhamagaro wo gutangira kuririmba nk’umuhanzi ku giti cye kuri ubu akaba amaze kugira indirimbo 5 z’amajwi harimo Gakondo, Yaradutaruye, Ntakiranirwa n’izindi.


Nk’uko yabitangarije Inyarwanda.com umwihariko we ni uko ubutumwa bwe bwagera kuri benshi aho kurangazwa n’injyana cyangwa ubuhanga mu miririmbire. Denis yifuje ko abantu bajya bibanda  cyane ku butumwa atanga  mu njyana ya Pop yibanda ho cyane iyo ari kuririmba ndetse na Rap aho wumva amagambo mu mwimerere wayo. 

Uyu musore yagize ati: “Ubusanzwe njyewe umwihariko wanjye muri iyi muzika ninjiyemo ni uko nanjya nibanda cyane ku butumwa bukenewe cyane n’abantu hanze aha nkabikora cyane mu ndirimbo zose bityo buri wese uzumva indirimbo yanjye akabasha kumva neza ubutumwa buyigize mu mwimerere wayo, ikindi kandi nasanze injyana nabikoramo ari Pop-Rap Imana igahabwa icyubahiro n’ikuzo binyuze mu ijwi ryanjye.”

UMVA HANO GAKONDO YA DENIS NIYONSENGA


Denis yatangaje ko abahanzi afatiraho ikitegererezo muri muzika yo kuramya no guhimbaza Imana ari Israel Mbonyi na Alexis Dusabe kubera uburyo bandikamo ibihangano byabo ndetse n’uburyo usanga batita ku buhanga bw’imiririmbire ahubwo bita cyane ku butumwa batanga.

Ku bijyanye n’imbogamizi Denis yahuye nazo muri iyi muzika zanatumye amara imyaka itatu (3) ibihangano bye bitumvikana mu itangazamakuru yatubwiye ko byatewe no kuba atarabonye uburyo bwo kubigeza mu itangazamakuru, kenshi biturutse ku mirimo ye ya buri munsi, gusa yizeza abantu ko kuri ubu agiye kubishyiramo imbaraga cyane ko iyo myaka yamubereye isomo ryo kubona ko itangazamakuru rifite uruhare rukomeye mu gutuma ibihangano by’abahanzi bigera kubo baba babiteguriye.

N’ubwo yagiye ahura n’izindi mbogamizi zitandukanye harimo kutabona ubushobozi buhagije bwo gukora ibihangano nk’uko yabishakaga, abantu bamucaga intege bavuga  ko ntacyo bizamumarira kandi yabitakajemo imbaraga ntiyigeze acogora avuga ko ntana gahunda yo gucogora afite.

 Mu ntego yimirije imbere ikaba ari ukubwira bose Iby’ubwami bw’Imana kugeza ubwo bose bazagera ku rugero rushyitse rw'igihagararo cya Yesu  bakamenya agakiza, imbazi z’imana,ubuntu n’urukundo rwayo no gushishikariza abantu kuva mu byaha bakizera Yesu nk’umwami n’umukiza bagashishikarira gukorera Imana.

Niyonsenga Denis  aje yiyongera ku bandi bahanzi batandukanye basanzwe babarizwa mu itorero rya ADEPR by’umwihariko akaba ari umuhanzi ukomoka mu karere ka Rubavu kagiye kavamo abandi bahanzi bagiye bubaka amazina ku buryo bukomeye nka Patient Bizimana, Dominic Ashimwe, Nelson Mucyo n’abandi.

UMVA HANO NTAKIRANIRWA YA NIYONSENGA DENIS








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND