RFL
Kigali

Imbwa yiyahuye nyuma yo kubura nyirabuja wayitabaye mu myaka 12 ishize

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:8/07/2020 8:11
0


Imbwa yo mu gace ka Kampur mu gihugu cy’u Buhinde yasimbutse kuri etaje ya kane yitura hasi ihasiga ubuzima nyuma y’uko umugore wari nyirabuja yitabye Imana.



Uyu mugore Dr Anita Raj Singh yari amaze iminsi arwaye aza kugwa kwa muganga azize indwara.

 

Iyi mbwa ngo yari yarayikuye mu buzima bubabaje bwo ku muhanda hafi y’ibitaro bya Horsman mu myaka 12 ishize ayishyira mu rugo ayiha izina rya Jaya atangira kuyitaho igarura ubuzima mu gihe abo mu muryango we babonaga adakwiriye kuyizana kuko yasaga n’iri mu marembera.

 

Tejas, umuhungu wa nyakwigendera yagize ati “Mama yafashe neza iyi mbwa yongera kubaho. Twarayakiriye ihinduka umuryango wacu.”

 

Iyi mbwa ngo ubwo yabonaga umurambo wa nyirabuja ugeze mu rugo yatangiye kumoka ubudatuza nyuma iza kuzamuka kuri etaje irasimbuka iriyahura.

 

Tejas yakomeje ati “Ubwo umurambo wa mama wageraga mu rugo uvuye ku bitaro, imbwa yatangiye kumoka no kuboroga. Nyuma yaje kuzamuka ijya hejuru y’inzu irasimbuka igwa hasi. Twahise tuyihutana kwa muganga ariko iranga irahagwa, yari yavunaguritse amagufa yose.”

 

Uyu muryango uvuga ko iyi mbwa yari yatangiye kunanuka kuva ubwo nyirabuja yashyirwaga mu bitaro. Iyi mbwa yahambwe hafi y’urugo rw’uyu muryango.

 

Src: Times of India

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND