RFL
Kigali

Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye indahiro za guverinoma nshya benshi babonamo icyizere

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:1/07/2020 9:08
0


Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Perezida w'u Burundi uherutse kurahirira izi nshingano yakiriye indahiro y’abagize Guverinoma ye igizwe n’abaminisitiri 15 bayobowe na Alain-Guillaume Bunyoni. N’ubwo iyi Guverinoma irimo abaminisiteri babiri bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’Amerika, abenshi barayibonama icyizere.



Evariste Ndayishimiye w’imyaka 52, mu kwezi gushize yatsinze amatora yo kuyobora igihigu cy’u Burundi. Kuri uyu mwanya wa Perezida ari ho magingo aya, yawusimbuyeho nyakwigendera Pierre Nkurunziza babarizwaga no mu ishyaka rimwe rya CNDD-FDD (Le Conseil National pour la Défense de la Démocratie-Forces de Défense de la Démocratie).

Amazina y’abagize Guverinoma yatangajwe ku cyumweru, kuwa 28 Kamena 2020. Aya mazina yaje kugaragaramo babiri bafatiwe ibihano mpuzamahanga ku byaha baryozwa n’Amerika n’Umuryango w’Ubumwe  bw’Uburayi. Mu byaha baregwa n’ibi bihugu byo mu burengerazuba bw’isi harimo guhohotera abakoraga imyigaragambyo mu gihe cy’imvururu za poritiki zaranze iki gihugu mu mwaka wa 2015 ubwo ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Nkurunziza ryaburizwagamo.

Abo baminisiteri bafatiwe ibihano ni nyakubahwa Allain-Guillaume Bunyoni warahiriye kuba Minisiteri w’intebe na Gervais Ndirakobuca. Nyamara ntitwarenza amaso ko iyi Guverinoma ifitemo imyanya 30% yahariwe abagore. N’ubwo iyi Guverinoma abenshi cyane abo mu batavuga rumwe na leta batayiyumvamo, ku rundi ruhande abandi barayibonamo icyizere n’imbaraga nshya mu kubaka iki gihugu.

Nyuma yo kwakira indahiro z’abagize Guverinoma, Perezida Evariste Ndayishimiye yaboneyeho no gutangaza ko icyorezo cya COVID19 ari umwanzi wa mbere w’iki gihugu. Aboneraho no gushishikariza abagaragaweho ibimenyetso kwivuza dore ko ibikorwa byo kuvura iyi ndwara bikorwa ku buntu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND