RFL
Kigali

Barack Obama inyuma ya “Referendum “ igamije impinduramatwara mu mitegekere y'Amerika

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:27/06/2020 10:26
0


Kuva aho Joe Biden yatorwa ngo azahagararire aba-democrat mu matora y’umukuru w’igihugu ateganinjwe mu kwezi k’Ukwakira, Obama ntiyasibye mutera ingabo mu bitugu ku buryo bweruye. Ibi byabaye nk’ibisembura intambara y’amagambo yari hagati ya Perezida Trump n’uwo yabanjirije. Kugira uruhare ruziguye mu bikorwa byo kwamamaza Obama akora b



Abenshi mu basesengura poritiki muri Amerika basanga ibikorwa Barack Obama akora ashyigikira Joe Biden, mu mateka birigeze kubaho by’aka kageni. Ibi ntibisobanuye ko mbere yaho umuperezida wabaga yarasoje ikivi cye bitamubuza gushyigikira uwo bakomoka mu ishyaka rimwe ariko bitari mu buryo buziguye. Urugero rworoshye rwa vuba aha, Bill Clinton yashyigikiye Barack Obama mu mwaka wa 2008 ariko ntibyari mu buryo buziguye nkuko Obama arikubigenzereza Biden.

Abantu bitege iki ku mbuto ki ku biti Obama yuhiye?

Magingo aya hari abantu benshi badashyigikiye ubutegetsi buri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kubera uburyo bwahanganye na COVID-19, ikibazo cy’abimukira, ikigega cy’ubwishingizi bwo kwivuza, itegeko ryerekeye gukuramo inda, poritiki yo hanze y’igihugu ndetse n’ibindi. Ibi byose biri mu bituma itsinda rimwe ryemeza ko hagomba kubaho impinduka mu mitegekere y’iki gihugu.

Indi ngingo nyamukuru ni ishyirwa hanze ry’igitabo kinegura byimbitse imyitwarire idahwitse ya perezida Trump. Iki gitabo cyasohotse tariki ya 23 Kamena, cyanditswe n’uwahoze ari umujyanama wa Donald Trump witwa John Bolton.

Iri tsinda rishyigikiye ko habaho impinduka mu buyobozi byaje gutungurana hagaragarama izindi mbaraga z’umurengera za Barack Obama. Mu byo izi mbaraga zimaze kugeraho harimo igikorwa cyo gukusanya inkunga y’amafaranga yo gushyigikira Joe Biden cyabaye tariki 23 Kamena ; Uruhare Obama yagize byatumye igikorwa kirangiye hakusanyijwe miriyon $11. Ibi byatumwe agira miriyoni $136 z’inkunga y’amatora nyamara Trump we amaze kugira miriyoni $265. Gerald Olivier umunyamakuru n’impuguke kuri poriki y’Amerika, mu kiganiro yagiranye na Arte yatangaje ko Obama inkunga ye ntakindi igamije bitari ukwihimura ku byabaye muri 2016 ndetse no kongera gusubiza ubutware bw’iki gihugu aba-democrat.

Kuba Barack Obama ashyigikiye byeruye kandi mu buryo buziguye ntibisobanuye byinshi mu matora. Prof. Corentin Sellin, mwarimu w'amateka na poritki, atangaza ko Obama atariwe mukandida, ko ahubwo ko umurongo wa poritki w’iki gihugu uzagenwa n’abatora ari bo bazamya yego cyangwa oya ku byifuzo aba banyaporitiki bahanganiyemo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND