Rutahizamu w’umunyarwanda Songa Isaïe wari umaze imyaka itanu akinira ikipe ya Police FC, yamaze kuyisohokamo nyuma yo kutabona umwanya uhagije wo gukina muri uyu mwaka w’imikino, kuri ubu biravugwa ko ageze kure aganira n’ubuyobozi bwa Mukura kugira ngo ajye gusimbura Bertrand werekeje muri Gasogi United.
Songa
ni we wafashe icyemezo asaba ubuyobozi bw’iyi kipe yari amazemo imyaka itanu
kumurekura akajya mu ikipe imuha umwanya uhagije wo gukina nubwo yari agifite
umwaka umwe w’amasezerano.
Songa Isaïe, yageze muri Police mu mpeshyi ya 2015 avuye muri AS Kigali nyuma yo gusoza umwaka w’imikino ari we watsinze ibitego byinshi. Songa Isaïe ubwe akaba yemeye ko yamaze gutandukana na Police FC kubera kudahabwa umwanya uhagije wo gukina.
Yagize
ati ”Ntabwo nkiri umukinnyi wa Police FC. Mu myaka itanu twabanye sinahava
ntashimiye buri umwe wanshyigikiye yaba abafana banjye n’aba Police FC, kuko
igihe kiragera ugashaka uko wahindura, ukareba n’uko ahandi hameze”.
Amakuru
agera ku Inyarwanda avuga ko Songa amaze iminsi aganira n’ubuyobozi bwa Mukura
yo mu karere ka Huye kandi ngo ibiganiro byagenze neza ku buryo isaha n’isaha
yashyira umukono ku masezerano muri iyi kipe y’amateka mu Rwanda.
Songa
akaba yaba agiye muri Mukura nk’umusimbura wa Iradukunda Jean Bertrand wamaze
kwerekeza muri Gasogi United.
Songa
Isaïe yakunze kugaragara muri ba rutahizamu batsinze ibitego byinshi gusa
ntiyahiriwe n’umwaka ushize w’imikino, aho yakinaga rimwe na rimwe nabwo
akinjira mu kibuga asimbuye.
Songa
yakiniye SEC Ademy na Isonga FC mbere yo kwerekeza muri APR FC yakiniye mu
mwaka w’imikino wa 2013/14 nyuma ikamurekura, aho yahise yerekeza muri AS
Kigali.
Uyu
rutahizamu akaba yaranahamagawe mu ikipe y’Igihugu Amavubi mu bihe
bitandukanye.
Songa watandukanye na Police FC ashobora kwisanga i Huye muri Mukura VS
TANGA IGITECYEREZO