RFL
Kigali

Premier League yitegura gusubukura mu minsi mike yashyizeho amabwiriza mashya agomba kubahirizwa

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:12/06/2020 12:00
0


Iminsi itanu niyo ibura ngo Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza ‘Premier League’ isubukurwe, abashinzwe gutegura iyi shampiyona ikunzwe na benshi ku isi, batangaje amabwiriza ngenderwaho agomba gukurikizwa ubwo imikino izaba isubukuwe harimo kutarenza abantu 300 muri Stade.



Biteganyijwe ko Premier League izasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2020, nyuma y’iminsi isaga 100 ihagaritswe n’icyorezo cya Coronavirus.

Nubwo abainnyi abantu 300 bazaba bemerewe kwinjira muri Sitade, abakinnyi nabo bemerewe gusubira mu kibuga,  ntabwo bikuraho ingamba zisanzwe zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, harimo nko guhana intera no kwambara udupfukamunwa.

Abakinnyi bazaba bari mu kibuga nabo bagomba kudacira mu kibuga, kutipfuna no kutarenga ku mabwiriza yo guhana intera mu gihe cyo kwishimira igitego.

Abakinnyi n’abatoza ntabwo bategetswe kwambara udupfukamunwa.

Premier League kandi yemeje ko kandi abana batoragura imipira batemewe kuko hazakoreshwa imipira yatewe imiti yica virusi gusa.

Abantu batarenze 300 barimo n’abanyamakuru nibo bazaba bemewe muri Sitade, aho hasi hazaba hari abatarenga 110 barimo abakinnyi, abatoza  ndetse n’abasifuzi.

Mu gusohoka cyangwa binjira mu rwambariro, abakinnyi, abatoza n’abasifuzi bazajya bubahiriza amabwiriza yo gusiga intera hagati yabo mu gihe abakinnyi bazajya bakaraba intoki bakoresheje imiti yica udukoko mbere yo kwinjira na nyuma yo kuva mu kibuga naho kuri hoteli bakazajya bapimwa umuriro.

Ubwo shampiyona izaba isubukuwe, imwe mu mikino izajya ibera ku bibuga byihariye ni ukuvuga bitagize ikipe bibogamiyeho kuri abiri ari gukina.

Ku ikubitiro imikino ibiri niyo izabanziriza indi ubwo Premier Legue izaba isubukuwe, harimo umukino wa Manchester City na Arsenal ndetse n’uwa  Aston Villa na Sheffield, ikazakinwa tariki ya 17 Kamena 2020.


Premier League irasubukurwa mu minsi micye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND