RFL
Kigali

FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama yo kugabana ibiribwa

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:5/06/2020 11:15
0


Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryandikiye abanyamuryango baryo ribatumira mu nama nyunguranabitekerezo izaba igamije kwiga uko bazagabana ibiribwa bagenewe n’umuterankunga.



Kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Kamena 2020, FERWAFA yandikiye abanyamuryango bayo bose ibamenyesha ko hari inkunga y’ibiribwa yemerewe n’umufatanyabikorwa wayo, bityo ko hagomba kuba inama yiga uburyo yazagabanywa.

Yagize iti “Tunejejwe no kubandikira tugira ngo tubamenyeshe ko mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19, hari umufatanyabikorwa watwemereye inkunga y’ibiribwa”.

“Ni muri urwo rwego tubandikiye tugira ngo tubasabe umuntu uzabahagararira mu nama mutumiwemo yo kwiga uburyo ibyo biribwa byazabageraho”.

FERWAFA yamenyesheje abanyamuryango bayo ko iyo nama izaba ku wa Gatanu, tariki ya 5 Kamena saa Kumi n’ebyiri (18:00) hifashishijwe ikoranabuhanga.

FERWAFA igizwe n’abanyamuryango 54 barimo amakipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri mu bagabo n’abagore, ishyirahamwe ry’abasifuzi, iry’abatoza n’abandi.


Ibaruwa itumira abanyamuryango ba FERWAFA mu nama yo kugabana ibiribwa



Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND