Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwandikiye Police FC buyibwira ko bwatunguwe no kubona amafoto acicikana mu binyamakuru agaragaza ko uwari kapiteni wayo Eric Rutanga yasinye muri iyi kipe kandi agifite amasezerano ya Rayon Sports, nta n’umuyobozi muri Police FC wigeze aganiriza Rayon Sports ku by’uyu mukinnyi.
Byose
bikubiye mu ibaruwa yasinyweho na CEO wa Rayon Sports, Itangishaka Bernard uzwi nka King, ikaba ari ibaruwa yandikiwe Perezida wa Police
FC kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020.
Igira
iti "Tubandikiye iyi baruwa tugira ngo tubamenyeshe ko twatunguwe no
kubona mu binyamakuru, umwe mu babahagarariye asinya kontaro y’akazi
n’umukinnyi wacu Rutanga Eric kandi kugeza muri iki gihe agifite amasezerano ya
Rayon Sports kandi hakaba nta buryo bwo kuvugana hagati yacu namwe bwabayeho
musaba uwo mukinnyi ngo twige niba twamubaha cyangwa ntitumurekure.
Tugendeye
ko nta rupapuro rumurekura yahawe, tunagendeye ku ibaruwa ya FIFA
yashyikirijwe amakipe binyuze muri FERWAFA tariki 19/4/2020, ari nayo yari ikubiyemo uburyo amakipe yasoza neza amakontaro y’abakozi bayo harimo
n’abakinnyi muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, turabamenyesha ko niba
mushaka uwo mukinnyi, mwari mukwiriye kubaha nibura ibikubiye mu mabwiriza
y’igurwa ry’abakinnyi batarasoza amasezerano y’umurimo".
Iyi baruwa isozwa, ubuyobozi bwa Rayon Sports buvuga ko butegereje igisubizo cyiza giturutse ku ikipe ya Police FC.
Eric
Rutanga wari kapiteni wa Rayon Sports, yaguzwe na Police FC tariki 28 Gicurasi
2020. Yasinye imyaka 2 atangwaho agera kuri Miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda
n’umushahara w’ibihumbi 700 Frws buri kwezi.
Rutanga
Eric wageze muri Rayon Sports avuye muri APR FC, akayifasha kwegukana igikombe
cya shampiyona mu mwaka w’imikino 2018/19, akaza no kugirirwa icyizere agahabwa
inshingano zo kuyobora bagenzi be mu kibuga nka kapiteni, yayiteye umugongo
yerekeza muri Police FC agifite amasezerano muri iyi kipe ya rubanda.
Ibaruwa yandikiwe perezida wa Police FC
TANGA IGITECYEREZO