RFL
Kigali

Kubera inzara byatumye inkende zambura umuganga amaraso y’ibipimo by’abanduye Covid -19 bitera benshi impungenge

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:1/06/2020 13:24
0


Mu gihugu cy’u Buhinde hari kuvugwa amakuru y'uko itsinda ry’inkende ryibasiye umukozi w’umuganga zikamwambura ibipimo by’amaraso by’abarwayi bapimishijwe coronavirus.



Mu ntangiriro z'iki cyumweru, ubwo umutekinisiye wa Laboratwire mu ishuri rikuru ry’ubuvuzi rya Leta rya Meerut yagendagendaga mu kigo ajyanye amaraso mu bubiko bwa Laboratwari, yahuye n’uruva gusenya inkende zimwambura amaraso y’abipimishije Coronavirus.


Inkende zari zimenyereye kwirira imineke ariko yarabuze

Nk’uko ibiro Ntaramakuru Reuters bibitangaza ngo inkende zambuye ibi bipimo by'amaraso umukozi wa laboratwire, wari ufite ibyo bipimo byaturutse ku barwayi bane ba COVID-19 barimo kwivuza.

Ababyiboneye bavuga ko babonye inkende ihekenya kimwe mu bikoresho by'ibipimo byari byafashwe. Izi nkende zahise zurira ibiti zijya guhekenya ibyo bipimo zinanyanyagiza hasi.

Dr. S. K. Garg, umuyobozi muri kaminuza aho igitero cy’inguge cyabereye, yatangarije Reuters ko atazi neza niba inkende zishobora kwandura coronavirus mu gihe zahuye n’amaraso yanduye covid-19. Ati: "Nta kimenyetso cyabonetse cyerekana ko inkende zishobora kwandura."

SkyNews itangaza ko kuva ingamba zo gufunga zashyirwaho amezi abiri ashize muri ako gace, inkende zateraniye ahantu hasanzwe huzura abantu benshi zikajya zishaka kubambura ibiryo n’utundi tuntu zakuraho amaramuko.

Icyakora, bamwe mu babikurikiranira hafi bemeza ko inyamaswa nyinshi zo mu Buhinde zirwana kubera ko ibiryo abantu basanzwe barya byagabanutse cyane, bityo ibitakara mu mihanda ibisigazwa mu bimoteri bikaba bitakibonekamo. Abenshi bagize amakenga ko inkende zishobora gukwirakwiza iyi ndwara mu bantu ku buryo butandukanye.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND