OMS/WHO ibinyujije ku rubuga rwayo yavuze ko abaganga barwaje abarwayi ba covid-19, abarwayi ndetse n’undi wese ufite ibimenyetso nk’inkorora n’ibicurane ari bo bonyine bemerewe kwambara udupfukamunwa. Muri ubu butumwa bavuga ko agapfukamunwa gashobora kuba intandaro yo kugira ibyiyumviro bibi mu buzima.
Ishami ry’Umuryango
w'Abibumbye rishinzwe ubuzima World Health Organization (WHO/OMS) ribinyujije ku rubuga
ritangiraho ubutumwa ryavuze ko agapfukamunwa gashobora gutera ibyuyumviro bibi
ku buzima bwa muntu. Bavuga ko iyi mpamvu ishobora gutuma udupfukamunwa dukurwaho ku bantu
batarwaye cyangwa badafite aho bahuriye n’abarwayi ba covid-19.
Muri ubu butumwa uyu muryango utangaza ko
abantu bemerewe kwambara apfukamunwa ari abaganga bita ku barwayi ba
coronavirus, abarwayi bayo ndetse n'undi wese ufite ibimenyetso
bya covid-19 ari byo; ibicurane, inkorora ndetse n’umuriro mwinshi. Iri tangazo
ryaje rivuguruza iryatanzwe na American Public Health rivuga ko buri
wese agomba kwambara agapfukamunwa mu gihe agiye mu ruhame.
Dr. April
Baller ati ”Niba udafite ibimenytso by’indwara z’ubuhumecyero nk’ibicurane, inkorora,
n’umuriro ntabwo ucyeneye kwambara agapfuka munwa ”.
Ibi byatangajwe byaje bishyigikira
ibyatangajwe na WHO mu itangazo ryatanzwe mu kwezi kwa Werurwe. Ku rundi ruhande ntabwo
iri tangazo ryigeze rihinduka n'ubwo ibihugu byinshi byashyizeho itegeko ry’uko
buri wese agomba kwambara agapfukamunwa aho ari hose.
Iri tangazo ryagiraga riti ”Apapfukamunwa
kagomba kwambarwa n’umuganga uvura abarwayi ba covid-19 n’undi wese ufite aho
ahuriye n'aba barwayi cyangwa ufite ibimenyetso by’indwara z’ubuhumecyero”.
Centers for
Disease Control and Prevention (CDC) yo ivuga ko buri muntu wese agomba
kwambara agapfukamunwa ahantu hose agiye. Bavuga ko bigomba gukorwa hatitawe niba umuntu arwaye cyangwa atanarwaye, yaba afite ibimenyetso cyangwa atabifite. Ivuga ko ibi biri mu bizatuma abantu
batanduzanya cyangwa ngo iyi ndwara ikomeze kwibasira abantu benshi cyane
dore ko hari abashobora kuyirwara ntibagire ibimenyetso.
Gusa nanone
iki kigo kivuga ko aka gapfukamunwa kagomba kwambarwa mu gihe ibyo guhana intera
hagati y’abantu bidashoboka. Mu bushakashatsi bwakozwe buvuga ko mu gihe
udupfukamunwa dukoreshejwe neza dushobora guca intege ikwirakwira rya covid-19
ku kigero cya 80%.
Baller ati ”Agapfukamunwa gashobora gutuma umuntu agira ibyuyumviro bibi mu gihe akambaye atarwaye ariko ku muntu urwaye agomba kukambara kugira ngo atanduza abandi”.
Nyuma y'uko iyi video iyunyujijwe
ku rubwa rwa WHO ivuga ko abantu bemerewe kwamabara udupfukamunwa ari abantu barwaye
gusa, ikinyamakuru Foxnews ducyesha iyi nkuru cyavuze ko cyageragezje
kuvugisha ubuyobozi bwa WHO ariko ubu buyobozi ntibwasubiza.
CDC mu kwezi
gushize yakanguriye abantu kujya bambara ubupfukamunwa mu gihe bagiye ahantu
hari imbaga nyamwinshi. Gusa urebye ubutumwa buri muri iyi video yashizwe kuri
uru rubuga ivuga ko nta mpamvu yo kwambara agapfukamunwa mu gihe nta kimenyetso
na kimwe ufite cya covid-19 cyangwa mu gihe ushobora kugenzura ibijyanye no
guhana intera yagenwe ingana na metero 1.
Ese iri tangazo ryaba rihuriye n'uko abayobozi b'ibihugu bikomeye bakunze kugaragara bari mu ruhame nta gapfukamunwa bambaye?
Perezida
Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntabwo aragaragara mu ruhame yambaye agapfukamunwa ndetse na mugenzi
we w’u Bushinwa ni gacye akambara. Ntabwo ari aba bagabo gusa hari n’abandi
benshi benshi bakunze kugaragara batambaye utu dukoresho dufasha abantu
kwirinda coronavirus.
Bitewe n’ibyo benshi mu bafite mu nshingano ubuzima ku Isi bagenda batangaza ukumva badahuje ibitekerezo, aha icyo abaturage basabwa ni ukubahiriza amabwiriza y’ibihugu byabo ndetse bagatanga amakuru ku muntu wayarenzeho kugira ngo hatagira uwirara akaba yaba umuyoboro w’ikwirakwira rya covid-19.
Mike Pence uhagaraiye ikigo kirwanya covid-19 muri Amerika aha yari yagiye mu bitaro yanga kwambara agapfukamunwa
Src: foxnews.com, nypost.com
TANGA IGITECYEREZO