RFL
Kigali

Ibintu 3 abagore bakunze gukora iyo aguca inyuma

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:26/05/2020 12:05
0


Abantu bacana inyuma ku mpamvu zitandukanye, gusa muri rusange ni bibi ntiwavuga ngo byaba byiza igihe hari impamvu runaka ubikora yitwaje.



Ubaye warigeze gucibwa inyuma, ubu waba ubasha kumva neza uko byari bibi. Bisenya imyitwarire y’umuntu ndetse n’icyizere yigiriraga.

Niba uri umugabo, dore bimwe mu bimenyetso bizakwereka ko umugore wawe aguca inyuma.

 

Ubusanzwe abagore bazwiho kwitwararika no kumvira cyane. Ni ibiremwa bizwiho gutega amatwi cyane ku buryo batanga ibitambo byinshi ngo urukundo rwabo rugende neza. Niba ubona atangiye kutakumva nka mbere, bisobanuye ko hari ikintu cyangwa undi muntu uri kwigarurira ibitekerezo bye.

Akenshi uzamubona asa n’uwibuze mu bitekerezo ndetse ubona ashaka kwihunza ukuri. Niba aguca inyuma uzabona kenshi ashaka inzira yanyuramo ngo mutandukane ubone ko agenda agerageza kwitandukanya nawe.

Hatitawe ku buryo igikorwa cy’akabariro cyari gisanzwe kibagendekera neza, uzatangira kubona atakibyishimiye, agenda abiharurukwa igihe hari undi mugabo batangiye kubana mu rukundo. Azatangira kwitwara nk’ukonje ndetse kenshi akwihunze igihe waba ushaka ko mutera akabariro, ashake impamvu zitandukanye zo kukwereka ko afite ikibazo gituma atabishaka.

 

Abagore benshi bashishikarira kubaza abagabo gahunda zabo z’umunsi kugira ngo babashe kubategurira ibirori, gusohoka, amafunguro meza n’ibindi bigaragaza kubitaho. Gusa hari ubwo ahindura imibarize bitunguranye ukabona ashishikajwe no kumenya aho ugiye, igihe ugendera, abo muba muri kumwe n’igihe ugarukira. Akenshi ibi abibaza agamije kumenya nyirizina isaha ugarukira ngo abashe kujya kureba cyangwa gutumira undi bari mu rukundo.

Nibwo uzasanga niba wanamubwiye aho ujya, ahamagaye umwe mubo muri kumwe ngo yumve koko niba mukiri kure cyangwa atagarutse ngo abagweho abatunguye.

 

Byashoboka ko umugore wawe ashobora kugira impamvu zumvikana zatuma adashaka gutera akabariro. Nko kuba yaba arwaye, ananiwe n’ibindi. Ntibivuze ko igihe cyose aba afite undi mugabo ahubwo biba byiza ko ibi bimenyetso byose tugarutseho muri iyi nkuru ubanza kubisesengura neza no kubishakaho amakuru afatika.

Uzirinde kumushinja kenshi kuguca inyuma kuko iyo umubeshyeye atabikora hari abo bitera umutima mubi akaba yabitangira atari abisanzwemo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND