Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, uzwi nka KNC, yavuze ko mu gihe cy’umwaka umwe iyi kipe izaba yamaze kubaka ikibuga cyayo gifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 20, ku buryo mu mwaka w’imikino wa 2021/22 iyi kipe itazongera gukinira ku kibuga itiye.
Mu
mwaka wayo wa mbere mu cyiciro cya mbere, Gasogi United yasoje mu makipe 10 ya
mbere, nyuma yuko izamutse mu mwaka w’imikino wa 2019/20, ikaba yakoreshaga
Stade ya Kigali mu kwakira imikino yayo mu gihe imyitozo yakorerwaga kuri Stade
ya Kicukiro.
Mu
kiganiro yagiranye na shene ya YouTube y’ikipe, KNC yagize ati “Mu mwaka
w’imikino wa 2021/22, Gasogi United ntimuzongera kuyibona ku kibuga
cy’igitirano”.
Abajijwe
niba koko bishoboka bijyanye n’uko kubaka Stade bigorana ndetse amakipe menshi
mu Rwanda akaba yarabinaniwe, KNC yavuze ko bizeye ko bazabigeraho.
Yagize
ati “Hari abivuze, banakusanya inkunga yo gukora icyo gikorwa, ariko twe
turemeza ko umwaka w’imikino wa 2021/22, ntabwo muzongera kubona Gasogi United
ku kibuga cy’igitirano. Wimbaza byinshi, muzi dutekereza iki? Twe ntabwo turimo
kurota”.
KNC
yatangaje ko Stade y’ikipe ye izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu
ibihumbi 20 birimo ibihumbi 16 byicaye neza ahatwikiriye.
“Reka
mbacire amarenga, 2021/22 Gasogi United izaba ifite ikibuga gifite ubushobozi
bwakira abantu bicaye neza, ibihumbi 16. Abandi bashobora guhagarara, batari
munsi 4000. Ubwo ni ikibuga cy’ibihumbi 20.”
Mu
mwaka wa mbere mu cyiciro cya mbere, Gasogi United yasoje shampiyona iri ku
mwanya wa cyenda n’amanota 29 mu mikino 23 yakinwe.
Kimwe
n’andi makipe, Gasogi United iri kwitegura umwaka w’imikino wa 2020/21, ikaba
inafite intego yo kugerageza gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda kuko
bemeza ko bari mu makipe afite abakinnyi beza muri iyi shampiyona.
KNC yemeza ko mu mwaka umwe Gasogi United izaba ifite Sitade yayo
TANGA IGITECYEREZO