Ministeri y’ubuzima muri Burezile yongeye gupfusha abantu bashya 674, umubare w’abamaze kwandura umaze kugera kuri 254.220
Kuri uyu wa mbere, Minisiteri y’ubuzima muri Burezile yatangaje
ko iki gihugu cyapfushije abandi bantu
674 kubera coronavirus, itangaza
kandi ko abantu 254.220 byemejwe ko ari bo
bamaze kwandura bituma iki gihugu kirenga u Bwongereza mu kuba igihugu cya gatatu gifite umubare munini
w’abanduye coronavirus nyuma ya Amerika n'Uburusiya.
Abayobozi b'inzego z'ibanze, barahamagarira abaturage kuguma
mu rugo no kwitarura abantu
Mu cyumweru gishize, Minisitiri w’ubuzima Nelson Teich
yeguye ku mirimo ye nyuma yo kutavuga rumwe ku cyakorwa kugirango hirindwe
ikwirakwira rya coronavirus muri burezile akaba abaye umuyobozi wa kabiri w’ubuzima
weguye nyuma y’uko Bolsonaro yirukanye uwa mbere aharanira ku mugaragaro gushyiraho ingamba zo
kuguma mu rugo, naho uwa kabiri yegura mu cyumweru gishize nyuma y’ukwezi
kutarenze ageze ku kazi, bivugwa ko perezida yashimangiraga ko hakoreshwa cyane
imiti ya malariya ya chloroquine itavugwaho rumwe kandi idafite gihamya ko yaba
ikiza coronavirus
Amakuru avuga ko Jenerali Eduardo Pazuello ari we muyobozi
w’agateganyo w’ubuzima
Src: France 24
TANGA IGITECYEREZO